Polisi yasabye abamotari kwiyobora mu kubahiriza amabwiriza agenga umuhanda

Polisi y’u Rwanda yongeye kwibutsa abatwara abagenzi kuri moto ko abateshuka mu kubahiriza amabwiriza agenga umuhanda nk’uko babisabwa muri gahunda ya Gerayo Amahoro, batazihanganirwa. Bikubiye mu butumwa bagejejweho mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 22 Kanama, n’Umuvugizi w’Ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda, Superintendent of Police (SP) Emmanuel Kayigi, agaruka…

Read More

Perezida Kagame abinyujije kuri X yavuze ijambo rya sannye imitima y’Abakunzi ba Rayon yari yashavujwe no kubura Kigali Pele Stadium!

Abicishije ku rukuta rwa X yahoze yitwa twitter perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame  yakebuye umugi wa kigari awibutsa ko  ikibazo cya moteri icana amatara kuri sitade cyakabaye cyarakemutse mbere y’uko umwaka w’imikino utangira. Kuri uyu  wa gatanu ku  isaha  ya saa kumi n’ebyiri  hari hateganyijwe umukino w’umunsi wa kabiri w’Ashampiyona y’u Rwanda  mu…

Read More

Bundesliga igiye gutangira ; Bayern Munich yiteguye bingana iki gukosora amakosa yakoze mu mwaka w’imikino ushize ?

ikipe ya Bayern Munich izakina umukino wa shampiyona ya Bundesliga icakirana na ekipe ya VfL Wolfsburg mu mpera z’iki cyumweru turimo hamwe n’umutoza mushya wayo Vincent Kompany ushaka gusubiza iyi kipe kongera kuba umwami w’umupira w’amaguru wo mu Budage. Mu myaka icumi ishize, iyi kipe yegukanye ibikombe 11 byikurikiranya kuva 2013 kugeza 2023 muri shampiyona…

Read More

Congo – Kinshasa : Abagera kuri 29 baburiye ubuzima mu mpanuka y’ubwato

Umubare w’abantu baguye mu mpanuka y’ubwato bwabaye mu burengerazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Kongo ugeze kuri 29 nkuko bitangazwa n’inzego z’ubutegetsi. Abashinzwe ubutabazi, bamaze iminsi bashakisha ababa bakirimo akuka mu ruzi ruri muri Teritwari ya Kutu mu burengerazuba bw’igihugu aho ubwo bwato bwarohamye ku cyumweru. Abarokotse bamaze kuba 128 mu gihe irengero ry’abandi ritaramenyekana….

Read More

Kamonyi : Abahinzi Barashinja Rwiyemezamirimo Kubambura kandi yarabatwariye umusaruro wabo

 Abahinzi bo mu mirenge itandukanye y’akarere ka Kamonyi bararira ayo kwarika kubera rwiyemezamirimo watwaye umusaruro w’ibigori byabo ntabishyure. Aba bahinzi baravuga ko bamaze amezi agera muri atandatu bategereje amafaranga ariko amaso yaheze mu kirere. Ubuyobozi bw’ako Karere bwabwiye Ijwi ry’Amerika ko mu minsi ya vuba baraba babonye amafaranga yabo. Kompanyi ya Rumbuka isanzwe ifata umusaruro…

Read More

RUBAVU: abagera kuri batatu bafatiwe mu bucuruzi bwa magendu y’imyenda n’inkweto bya caguwa

Polisi y’u Rwanda, Ishami rishinzwe kurwanya magendu n’ibindi byaha (ASOC), yafatiye mu Karere ka Rubavu, abantu batatu bacyekwaho kwinjiza mu buryo bwa magendu, amabalo 7 y’imyenda n’imiguru 20 y’inkweto bya caguwa. Abafashwe ni abagore babiri n’umusore umwe, bafatiwe mu murenge wa Rugerero, akagari ka Muhira mu mudugudu wa Gitebe I, ahagana saa tanu n’igice z’amanywa…

Read More

Zambia : hari ubwoba ko hari abashobora kwitaba imana bazize ibigori bihumanije

Minisitiri y’ubuzima ya Zambia yatangaje ko “umubare uteye ubwoba” w’imbwa 400 byibazwa ko zapfuye mu kwezi gushize muri icyo gihugu nyuma yo kurya ibigori bihumanye (byanduye), ndetse ko n’abantu bashobora kuba bari mu byago. OMS , Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima rivuga ko hari ibimenyetso ko uruhumbu rushobora guteza kanseri y’umwijima ku bantu.Hagati aho…

Read More

Amakipe akinamo Bizimana Djihad na Mutsinzi ange araza guseruka muri Europa Conference League

Ku mugoroba wo kuri uyu wa gatatu amakipe akinamo abakinnyi babiri bakinira ikipe y’igihugu y’u Rwanda ‘amavubi’ barimo Bizimana Djihad na Mutsinzi ange araza kumanuka mu kibuga mu mikino y’ibanze ya Uefa Conference League. Ku isaa y’ isaa mbiri z’ijoro zo kuri uyu wagatatu taraki 22/ Kanama /2024 ,ikipe ya FK Kryvbas ikinamo umunyarwanda Bizimana…

Read More

Umukino wa Rayon sports na Amagaju fc wahinduriwe amasaha wagombaga kuberaho

Ubuyobozi bwa shampiyona y’ikiciro cya mbere bwatangaje ko umukino wa Rayon sports na Amagaju wimuriwe amasaha kubera ikibazo cy’uko kuri sitade ya Kigali Pele Stadium ni njoro kuko nta rumuri ruhagije ruhari. Imvano y’ibi yaturutse ku ibaruwa Daily Box ifiye kopi umujyi wa Kigali waraye wandikiye ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda [FERWAFA ] uyimenyesha ko…

Read More

Itorero Indangamirwa icyiciro cya 14 ryashojwe ku mugaragaro

Kuri uyu wa Kane mu Kigo cy’Ubutore cya Nkumba giherereye mu Karere ka Burera, harabera igikorwa cyo gusoza Icyiciro cya 14 cy’Itorero Indangamirwa. Mu Kigo cy’Ubutore cya Nkumba, niho hagiye gusozwa Itorero Indangamirwa icyiciro cya 14 ryitabiriwe n’Urubyiruko rugera kuri 494, rwiganjemo urwize mu mahanga n’urwize mu mashuri mpuzamahanga yo mu Rwanda. Iri torero rigizwe…

Read More