Ikipe ya Rayon Sports iri gutegura umukino izacakiranamo n’ikipe iri mu zikomeye muri Tanzania kuri sitade Amahoro

Perezida w’ikipe ya Rayon Sports Twagirayezu Thaddée yatangaje ko bitegura kuzakira ikipe ya Young Africans kuri sitade Amahoro hitegurwa umwaka utaha w’imikino, igihe uwa 2024-2025 uzaba ushyizweho akadomo. Ibi yabigarutseho aganira na Television y’igihugu, aho yavuze ko bagiranye ibiganiro n’Umuyobozi bw’ikipe ya Young Africans kuzakina umukino wa gicuti uyu mwaka w’imikino urangiye hitegurwa umushya ndetse…

Read More

Carlo Ancelotti yagize icyo avuga kubyo kwerekeza mu ikipe y’igihugu ya Brazil

Umutoza w’ikipe ya Real Madrid Carlo Ancelotti yanze ubusabe bwo kuganira n’ishyirahamwe rishinzwe umupira w’amaguru muri Brazil. Nyuma y’intsinzwi ikakaye y’ikipe y’igihugu ya Brazil, ubwo yandagazwaga n’ikipe y’igihugu ya Argentine ku bitego 4 kuri 1. Ibi byahise bitera icyikango mu bakurikiranira hafi iyi kipe, ndetse ibitangazamakuru byinshi byo mu gihugu cya Brazil, bikaba biri kuvuga…

Read More

Umukinnyi w’ingenzi muri Barcelona agiye kumara igihe hanze adakina

Mu mukino ikipe ya Barcelona yatsinzemo Osasuna ibitego bitatu ku busa(3-0) wasize Umunya-Esipanye ukina hagati mu Kibuga no ku ruhande Dani Olmo yagize imvune dore ko yavuyemo n’umukino utarangiye ku wa 28′ asimburwa na Fermin Lopez. Uyu mukino wari uw’ikirarane , aho wari warasubitswe ku bw’urupfu rw’umuganga wa Barcelona. Barcelona yatsindiwe na Ferran Torres ku…

Read More

Umunya-Mauritania Mohamed Wade watoje Rayon Sports yatawe muri yombi

Umutoza ukomoka mu gihugu cya Mauritania Mohamed Wade watoje ikipe ya Rayon Sports nk’umutoza wungirije aza no kuyisigarana nk’umutoza mukuru yatawe muri yombi aho akekwaho gutanga Sheki itazigamiye nk’uko amakuru abyemeza. Uyu mutoza amakuru yemeza ko yatanze Sheki ya Miliyoni Umunani z’amafanga y’u Rwanda(8,000,000Frw) itazigamiye , kuko uwo yari yahaye iyo Sheki yagiye kuri banki…

Read More

Liverpool yinjiye mu rugamba ihanganiyemo umukinnyi na Manchester city

Mu ikipe ya Liverpool, humvikanye amakuru aganisha ku ishakisha ry’umusimbura wa Trent Alexander Arnold, biteganyijwe ko agomba gusohoka muri iyi kipe mu mpeshyi y’uyu mwaka, myugariro w’iburyo Andrea Cambiaso, ukinira ikipe ya Juventus ari mu b’imbere bahabwa amahirwe. Mu gihe kontaro ye igana ku musozo biravugwa ko umukinnyi Trent Alexander Arnold, yamaze kumvikana n’ikipe ya…

Read More

Umuzamu w’Amavubi Ntwari Fiacre uri mu bihe bibi agiye kubona indi kipe yerekezamo

Umuzamu mpuzamahanga w’Umunyarwanda akaba n’umuzamu wa mbere w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda “Amavubi” Ntwari Fiacre ashobora gutandukana n’ikipe ya Kaizer Chiefs nyuma yo kugirwa umuzamu wa Gatatu w’iyi kipe yaraje ari umuzamu wa mbere. Uyu muzamu wakiniye amakipe atandukanye Kandi anakomeye hano mu Rwanda arimo Intare(2016-2017), APR FC na Marines FC(2017-2021) , AS Kigali (2021-2023), na…

Read More

Arsenal y’abagore yabimburiye iy’abagabo ikuramo Real Madrid muri Champions league

Mu ijoro rya cyeye ikipe ya Arsenal mu bagore yakuyemo iya Real Madrid muri kimwe cya Kane cy’imikino ya UEFA Women’s Champions League 2024-2025, ni mu gihe dutegereje umukino w’ishiraniro mu bagabo n’ubundi uzahuza Aya makipe yombi. Ikipe ya Arsenal yakuyemo Real Madrid mu buryo bw’igitangaza kuko umukino ubanza wabereye Estadio Alfredo Di Stefano (Ikibuga…

Read More

Umutoza wa APR FC wari warigiriye iwabo mu biruhuko yagarutse i Kigali

Umutozo w’Ikipe y’Ingabo z’Igihugu Umunya-Serbia Darko Nović yamaze gusesekara hano mu Rwanda nyuma y’ibiruhuko yari yaragiyemo iwabo muri iki gihe ikipe y’igihugu y’u Rwanda yakinaga imikino yo gushaka itike y’Imikino y’Anyuma y’Igikombe cy’Isi cya 2026 cyizabera muri Leta Zunze Ubumwe z’Abanyamerika, Canada na Mexico. Iyi kipe, umutoza mukuru wayo nubwo yari yaragiye yakoraga imyitozo ,…

Read More

Umutoza wa Barcelona yatangaje abakinnyi babiri b’ingenzi atazaba afite ku mukino w’ejo w’ikirarane afitanye na Osasuna

Umutoza w’ikipe ya Barcelona Umudage Hansi Flick yatangaje ko abakinnyi be babiri Ronald Araújo na Raphael Dias Belloli uzwi nka “Raphinha” batazagaragara mu mukino bafitanye na Osasuna ukaba uw’ikirarane uteganyijwe ku munsi w’ejo wa tariki 26 Werurwe 2025. Aba bakinnyi bombi bari mu rutonde rurerure rw’abakinnyi bari baragiye mu makipe y’ibihugu byabo, Ronald Araújo yakinnye…

Read More