HomePolitics

USA yaragagaje ko umudepite wayo uherutse mu Rwanda na DRC atari intumwa idasanzwe ya Perezida Trump

Ambasade ya Leta zunze ubumwe za Amerika muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo yasobanuye ku wa kabiri ko umudepite mu nteko inshinga amategeko ya Leta zunze ubumwe za Amerika witwa Ronny Jackson uherutse gusura u Rwanda atigeze agirwa intumwa idasanzwe y’iki gihugu .

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara ku mugorabo wo ku munsi wejo, iyi ambasade ifite icyicaro wejo  i Kinshasa  yashimangiye ko Ronny Jackson ahagarariye  Kongere y’Amerika gusa ndetse kandi ko atari intumwa idasanzwe, kuko uyu  ari umwanya ushyirwaho  na Perezida wa USA  unakemezwa na Sena kandi ko ntabyo yagizwe.

Ambasade yemeje ko yaba yo cyangwa Minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’Amerika itigeze imugaragaza nk’intumwa idasanzwe “mbere, mu ruzinduko, cyangwa nyuma y’uruzinduko rwe yagiriye muri DRC no mu Rwanda ndetse ko nayo yatunguwe no kumva yitwa atyo.”

Ronny kandi yasuye DRC nka kimwe mu bihugu bigize komite y’ububanyi n’amahanga y’umuryango w’abibumbye na komisiyo ishinzwe Afurika.

Ibi bisobanuro bije nyuma y’amagambo yavuzwe na perezidansi ya Kongo yerekanaga Bwana Jackson nk ’ “intumwa idasanzwe ya Donald Trump,” nyuma y’uruzinduko aherutse kuhagirira ndetse no bindi bihugu  muri Afurika yo hagati, harimo DRC, u Rwanda, Congo-Brazzaville, u Burundi na Uganda.

Ni no kuri uyu munsi kandi , Ronny  asanzwe ari umudepite mu ishyaka ry’abarepubulike yabwiye komite y’inteko ishinga amategeko ko uburasirazuba bwa DRC bwahindutse akarere “katagengwa na gato na DRC “, ndetse ko abayobozi ba Kinshasa “batagifite uburyo bwo kugenzura iki kibazo.”

Bwana Jackson yanashinje ibihugu byinshi bituranyi bya DRC birimo Uganda, u Rwanda, n’Uburundi  gukoresha umutungo w’amabuye y’agaciro yo mu burasirazuba bwa Kongo, agira ati: “Abantu bose barabikora, kandi nta kintu na kimwe kibabuza.”

Ronny kandi yanibajije kandi ku bworohe bw’ingabo z’Abanyekongo imbere y’umutwe witwaje intwaro M23, aho yavuze ko zitajya zataka mu buryo bukomeye M23 kugeza aho avuga ko mu bihe bimwe na bimwe, “abasirikare ba Kongo bahunga M23.”

Iyi nkuru uyakiriye ute ?

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *