Kuri uyu wa kane , tariki ya 12 /Ukuboza ,Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika, Joe Biden, yahaye imbabazi abanyamerika bagera kuri 39 bari bagiye bahamwa n’ibyaha bidafite aho bihuriye n’urugomo, ndetse kandi agabanya ibihano by’abandi bantu bagera ku 1,500 bari bafunzwe.
Itangazo ryakubutse mu biro bikuru bya perezida bizwi nka ‘White House’ ryerekanaga ko iki ari igikorwa cyo kugirira imbabazi bamwe mu bahamwe n’ibyaha bigiye bitandukanye ndetse ibi bikaba byakozwe hashingiwe ku bubasha perezida ahabwa n’itegeko nshinga ry’iki gihugu .
Nubwo izi mbabazi zatanzwe n’uyu mukuru w’igihugu ntabwo higeze hatangarizwa ku ka rubanda amazina y’abantu babigizemo uruhare ndetse n’abazihawe .
Itegeko Nshinga rya Leta zunze ubumwe z’Amerika ryemera ko perezida uriho aba afite ububasha buhagije bwo gutanga ibihano no gutanga imbabazi ku banyabyaha bakoze bakanahamwa n’ibyaha byagize uburyo byibasiramo Amerika mu buryo bumwe cyangwa se ubundi .
Mu ntangiriro z’uku kwezi k’Ugushyingo,Perezida Biden uri kubyina ava muri ntebe nkuru kurusha izindi muri iki gihugu yahaye umuhungu we Hunter Biden imbabazi zitavugwaho rumwe kugeza magingo aya ndetse zinateza urunturuntu mu baturage .
Perezida Biden yavuze ko iki cyemezo cyafashwe nyuma yuko mu ibazwa rye, Hunter yavuze ko aramutse abababariwe ko yiteguye gusubira mu buzima busanzwe kandi ko yagaragaje ubushake bwo kurushaho gutuma abaturage b’ Amerika bakomera kandi bakagira umutekano ndetse agira n’uruhare atanga mu guhashya byaha bikorwa muri iki gihugu bifite aho bihuriye n’urugomo n’ibyi biyobyabwenge.
Biden Hunter Jr yari yarakatiwe kubera guhamwa n’imanza ebyiri nshinjabyaha.

- APR FC inganyije na KMC FC mu mukino usoza amatsinda ya CECAFA Kagame Cup

- Morocco Yabaye Igihugu cya Mbere muri Afurika kibonye Itike y’igikombe cy’isi 2026

- Umuhanzi Yampano yatangaje ko yifuza kuzaba Pasiteri

- #KwitaIzina; Bamwe mu bakanyujijeho muri Arsenal bageze mu Rwanda

- Thomas Tuchel yitabaje abarimo Ruben Loftus – Cheek na Jarell Quansah
