Nubwo u Rwanda rwagaragaje impinduka zigaragara mu bukungu mu myaka yashize, haracyari imbogamizi zikomeye zishobora gukoma mu nkokora intego z’igihugu zo kugera ku rwego rw’ubukungu buciriritse muri 2035 no kuba igihugu gikize muri 2050.
Kimwe mu bibazo bikomeje kugaragara ni uko umubare w’imirimo mishya idahagije ugereranyije n’abaturage rufita biganjemo urubyiruko rushya rwinjira ku isoko ry’umurimo.
Umusaruro ku bakozi nawo uracyari hasi, bitewe n’ibura ry’ibikorwaremezo bihagije, kudatera imbere mu ikoranabuhanga, ubumenyi butari ku rwego ahanini buturuka ku burezi bukirimo icyuho gikomeye no gukoresha nabi umutungo w’igihugu.
Ikibazo cy’ubusumbane mu iterambere nacyo cyirakomeje. Nubwo habayeho impinduka mu bukungu, inyungu zazo abasesenguzi bemeza ko ahanini zagarukiye cyane ku bantu bafite ubumenyi buhanitse, bigatuma ubusumbane burushaho kwiyongera cyane cyane iyo bigeze kuri rubanda batabashije gukandagira mu ishuri.
Ibi kandi byagize ingaruka ku rugamba rwo kugabanya ubukene, aho intambwe yari imaze guterwa yatangiye kudindira.
Banki y’Isi ibinyujije mu gipimo cy’ubushobozi bwa muntu (Human Capital Index), ibi mu Kinyarwanda ugenekereje bisobanura “Igipimo cy’ubushobozi bw’umuntu” cyangwa Igipimo cy’ubushobozi bw’umutungo muntu.
Iki gipimo gikorwa na Banki y’Isi (World Bank), kigamije gupima ubushobozi umwana ukivuka ashobora kugeraho kugeza ku myaka 18, bitewe n’uko igihugu cye kimutegurira ejo hazaza bizwi nka [ Manpower Planning ],ndetse ibi ahanini bishingira ku Ireme ry’uburezi abona ,Ubuzima bwe (nko kurwara cyangwa gukura nabi) ,Igihe yamara mu ishuri cyangwa Ubushobozi azaba afite bwo gukora neza no kugira umusaruro mu bukungu.
Iyi Banki yashyize u Rwanda ku mwanya wa 160 mu bihugu 174, igaragaza ko hakiri icyuho gikomeye mu bumenyi n’ubushobozi bw’abiteguye gukora mu Rwanda bashobora kugeraho kugeza ku myaka 18 ahanini biterwa n’izi mpamvu zanditswe haruguru.
Uretse ibyo kandi,iyi Banki yemeza ko hari n’umwenda munini wa Leta ukomeje kwiyongera, aho witezwe kugera kuri 80% by’umusaruro mbumbe w’igihugu (GDP) mu mpera z’uyu mwaka wa 2025 nubwo leta iri gukora byose bishoboka ngo iwugabanye bizwi nka National Debt Management.
Ihindagurika ry’ikirere n’igitutu ku mutungo kamere w’igihugu nabyo bibonwa nk’imbogamizi zikomeye ku iterambere ry’iki gihugu gifatwa nk’igiherereye mu mutima w’umugabane ukomeje kugirwaho ingaruka zikomeye n’ubukoloni kuri ubu.
Abasesenguzi mu bukungu bemeza ko kugira ngo u Rwanda rubashe gutsinda izi mbogamizi, bizasaba kongera ishoramari ry’abikorera mu rwego rwo kongera umusaruro, kuzamura imibereho y’abaturage, no gukemura ikibazo cy’ibikorwaremezo.
