HomePaper TalkToday in Sport HistoryUncategorized

TO DAY IN SPORTS HISTORY: Ikipe ya Rayon Sports yatsinzwe n’Isonga ibitego 3-1, Alexia Putellas ukinira Barcelona yaravutse

Tariki ya 4 Gashyantare ni umunsi wa 35 mu igize umwaka hakaba hasigaye iminsi 330 tukagana ku musoza w’uyu mwaka ; dore iby’ingenzi byaranze uyu munsi mu mateka ya Siporo .

1931: Hafunguwe  ku mugaragaro  imikino ya Olympic Games yabereye muri Leta Zunze Ubumwe z’Abanyamerika mu gace ka Lake Placid,  muri leta  ya New York.

1956: Leta Zunze Ubumwe z’Abasoviyeti zatsinze igihugu cya Canada  begukana umudali wa zahabu mu mikino Olempike , Leta Zunze Ubumwe z’Abanyamerika begukanye uwa Silva mu gihe Canada begukanye Bronze.

1962: ikinyamakuru Izvestia cyo mu Burusiya  cyagaragaje ko  baseball ariwo mu kino ukuze kuruta iyindi muri iki gihugu  bafitemo n’amateka akomeye.

1976: Hafunguwe imikino ya Plempike mu gihugu cya   Austria , ikaba imikino yabereye mu murwa mukuru wa  leta  ya Tyrol  ariwo Innsbruck.

1987: Ikipe ya   Sacramento Kings  ibarizwa muri shampiyona ya Leta Zunze Ubumwe z’Abanyamerika ya Basketball yatsinze Los Angeles Lakers  amanota 4 yonyine mu gace kambere  bikaba ibyari bibayeho bwa mbere ko ikipe itsindi amanota make kuri aka kageni kuva 1954.

2013: Hatangajwe gahunda yo gukora iperereza ku abantu  680  baketsweho kwishora mu byaha bya betting na match fixing  mu mupira w’amaguru.

2012: Ikipe ya Rayon Sports yatsinzwe   n’ Isonga FC ibitego bitatu kuri kimwe(3-1) umukino wabereye kuri sitade regional I Nyamirambo, ni umukino wasize  Rayon Sports ku mwanya wa gatanu  n’amanota 19.

2014: Garry Monk umutoza ukomoka mu gihugu cy’Ubwongereza  yagizwe umutoza mushya wa Swansea City by’agateganyo  nyuma y’uko iyi kipe yari itandukanye na Michael Laudrup.

2022: Hafunguwe imikino ya Olempike  mu gihugu cy’Ubushinwa mu mugi wa Beijing, iyi mikino ikaba yarafunguwe kumugaragaro na perezida w’iki gihugu  Xi Jinping.

2023: AS Kigali yatsinzwe na Police FC ibitego 2-1 uba umukino wa kabiri yari itakaje mu buryo bwikurikiranya, Police FC yahise ifata umwanya wa karindwi n’amanota 27, AS Kigali iguma  ku mwanya wa Gatatu n’amanota 33.

2024: Ikipe ya Rayon Sports yatsinze Marine FC ibitego 2-0 mu mukino w’umunsi wa 19 wa shampiyona kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, ihita ifata umwanya wa kabiri ku rutonde rw’agateganyo.

Ibyamamare muri Siporo byavutse kuri iyi tariki ya 04 Gashyantare

 1873: Étienne Desmarteau  icyamamare mu kujugunya ibiremereye  akaba akomoka muri Canada yitabye Imana mu mwaka 1905.

1929: Reino Börjesson Umukinnyi w’umupira w’amaguru  wakinaga hagati mu kibuga akaba akomoka mu gihugu cya  Sweden, yakiniye amakipe nka Jonsereds IF na  IFK Goteborg.

1930: Jim Loscutoff  ikirangirire mu mukino wa Basketball  akaba yaravukiye San Francisco, California muri Leta Zunze Ubumwe z’Abanyamerika yatwaye  NBA inshuro eshatu 1957, 1959, 1964  akinira Boston Celtics.

1965: John van Loen Umukinnyi w’umupira w’amaguru ukomoka mu gihugu cy’Ubuholandi wavukiye  I Utracht mu Buholandi , akaba yarakiniye  amakipe nka Feyenoord, Ajax na Anderlecht.

1994: Alexia Putellas Umugore uri mu bakomeye bakina umupira w’amaguru mu ikipe ya Barcelona , akaba yaravukiye Catalonia muri Esipanye  akaba amaze kwegukana igihembo cya  Ballon d’Or inshuro 2.

Ibyamamare muri Siporo  byitabye Imana  kuri iyi tariki ya 04 Gashyantare

1995: Roel Wiersma umukinnyi w’Umuholandi   w’umupira w’amaguru wakiniye amakipe atandukanye nka PSV Eindhoven akaba yaritabye Imana ku myaka 62.

2007: José Carlos Bauer, umukinnyi w’umupira w’amaguru  ukomoka muri Brazil akaba yarakinaga hagati mu kibuga  gusa nyuma yaje  kuba umutoza, akaba yaritabye Imana ku myaka  81.

2024: Kurt Hamrin Umunya-Sweden  akaba yarakiniye amakipe atandukanye kandi akomeye I burayi nka AC Milan, Juventus , Napoli na Fiorentina. Yitabye Imana ku myaka 89.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *