Umutoza w’ikipe ya Manchester United, Ruben Amorim yatangaje ko intsinzi ikipe ye yakuye mu mujyi wa Bilbao, ari wo mukino wa mbere rutahizamu Rasmus Hojlund yiyerekanyemo mu buryo budasanzwe.
Ikipe ya Manchester United yaraye igaragaje imyitwarire myiza mu kibuga mu mukino yakinaga n’ikipe ya Athletic club mu irushanwa rya (UEFA Europa league). Igice cya mbere cyari gihagije ngo ikipe y’amashitani atukura ajye kuruhuka yizeye intsinzi ya 3-0.
Ni umukino ikipe ya Athletic Bilbao, yatangiye isatira cyane gusa nanone Manchester united nk’ikipe nkuru ikajya inyuzamo igasubiza mu buryo bunoze.
Nyuma y’akazi gakomeye kakozwe na myugariro Harry Maguire, wanyuze ku ruhande rw’iburyo maze agakata umupira awerekeza mu rubuga rw’amahina rwa Athletic Bibao nawo waje usanga Manuel Ugarte, wawusokoje gato maze akawohereza kwa Casemiro wahise atsinda igitego n’umutwe.
Ni umukino wagaragaje ko ikipe ya Man united ishobora kuba izatanga akazi katoroshye mu mwaka utaha w’imikino ahanini bitewe n’uburyo yahuzagamo umukino.
Rutahizamu Rasmus Hojlund, utigeze agaragara ku rupapuro rw’abatsinze niwe umutoza Ruben Amorim avuga ko akwiriye indabyo ze nyuma yo gukorerwaho Penaliti ndetse iryo kosa rikaza kuvamo ikarita itukura kuri myugariro Dan Vivian, ibi byaje no gufasha ikipe ye koroherwa n’umukino.
Mu magambo ye bwite umutoza Ruben Amorim yatangaje ko nubwo ibintu bitameze neza kuri uyu munya-Danimarike ukiri muto, bishoboka cyane ko mu myaka iza ashobora kuzakora byinshi bidasanzwe.
Amorim yagize ati:
” Mvugishije ukuri uyu niwo mukino wa mbere mwiza Mbonye kuri rutahizamu Hojlund kuva ngeze muri iyi kipe. Yakinnye neza cyane, haba mu gutanga imipira, haba mu gukina na bagenzi be byose yitwaye neza cyane, nkeka ko mu gihe yagumana ibihe byiza nkibi byashoboka cyane ko twabona umukinnyi utandukanye n’uwo abenshi bazi.
” Urebye neza wasanga ari umusore ufite igisa nk’ihungabana dore ko nta minsi myishi ishize uyu musore amerewe nabi n’abafana ahanini bamushinja umusaruro muke. Nkeka ko rero ari ahe ho kurebera kuri kizigenza Harry Maguire, nawe bizwi neza ko yanyuze mu bihe bibi nkibyo.
” Ibintu birahinduka muri ruhago, si urugero rwa Harry Maguire gusa kuko hari n’izindi ngero nyishi. Abenshi baravuga ko ari wo mukino wa mbere mwiza tugize muri uyu mwaka gusa mpamya ko ari intangiriro ije itinze mubyo tumaze igihe dutegura.”