HomePaper TalkRwanda & Africa

PAPER TALK[RWANDA&AFRICA]: Abakoranye na Torsten Spittler mu Amavubi barishyuza FERWAFA, Umukinnyi Rayon Sports iherutse kugura yageze mu Rwanda

Nyuma y’uko ikipe ya AS FAR itandukanye n’uwari mutoza wayo Hubert Velud ukomoka mu Bufaransa , biri kuvugwa ko yamaze kumvikana na Fadlu Davids nk’ushobora kuza kuyitoza, uyu mugabo akaba akomoka mu gihugu cya Africa y’Epfo.[MICKYJR]

Igihugu cya Tunisia kirifuza gutwara umutoza wa Kaizer Chiefs Nasreddine Nabi gusa niba iki gihugu kimwifuza kigomba kwishyura asaga $700,000 kuri Kaizer cyane ko yaba agiye adasoje amasezerano ye.[KICK OFF]

Ikipe ya US Monastir yo mu gihugu cya Tunisia biri kuvugwa ko igiye gusinyisha Faouzi Benzarti nk’umutoza mushya wayo , uyu mutoza afite imyaka 75 akaba amaze gutoza amakipe asaga 20 mu mwuga we w’ubutoza.[MICKYJR]

Umutoza uherutse gutandukana n’ikipe ya Young Africans yo muri Tanzania Sead Ramović yamaze gushyika mu gihugu cya Algiers aho agiye kurangizanya n’ikipe ya CR Belouizdad aho igomba kuzajya imuhemba $40,000 avuye $15,000 yahembwaga muri Young Africans, gusa na Young nayo yahise izana Miloud Hamdi nk’umutoza mushya .[THE CITIZENS]

Ikipe ya Simba SC yo muri Tanzania yanze akayabo kangana $350,000 yahawe na MC Algers kuri Kibu Denis umukinnyi ukina mu bimbere, gusa Mohammed Dewji akaba ufitemo imigabane myinshi nk’umuntu kugiticye yarabyanze.[MICKYJR]

Patriots BBC yaguze Umunyamerika Elliot Cole wakinaga muri Al Ittisalat yo mu Misiri. Uyu mukinnyi w’imyaka 29 ukina nk’Umu-Point Guard yamaze kugera i Kigali ndetse yatangiye gukorana n’abandi imyitozo bitegura imikino ya Shampiyona.[IGIHE]

Abakoranye n’umutoza Frank Torsten Spittler mu ikipe y’igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’ bamaze igihe bishyuza Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) arenga miliyoni 100 Frw ibabereyemo.[BB KIGALI FM]

Mu rukerera rwo kuri uyu wa Kane Tariki 6 Gashyantare 2025 Rayon Sports yakiriye umukinnyi wo hagati Souleymane DAFFÉ, Umwaka ushize w’imikino yakiniraga Salitas FC yo muri Burkina Faso.[RayonSports]

Micomyiza Rosine uzwi nka Cisse yongereye amasezerano y’umwaka muri REG WBBC, kugirango akomeze kuyifasha muri shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda mu mukino w’intoki wa Basketball.[IGIHE]

IYI NKURU UYAKIRIYE UTE?

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *