EuropeHomePaper Talk

Paper Talk[Europe]: PSG yigaramye ibyo gutanga 250m kuri Lamine Ymal, Liverpool igiye kugurisha abazamu bayo babiri

Umugwizatunga w’Umugereki Evangelos Marinakis akaba na nyiri Nottingham Forest  ari mu biganiro byokugura ikipe ya Vasco da Gama yo mu gihugu cya Brazil nyuma yo gupapura ikipe ya Arsenal uwari umuyobozi wayo w’asiporo (sporting director) Edu. (Telegraph)

Nk’uko perezida wa Barcelona yabitangaje mu minsi ishize iyi kipe yanze asaga 250m euros kuri mababa wabo Umunya-Esipanye Lamine Yamal, 17, yatanzwe na  Paris St-Germain muri iyi mpeshyi ya 2024. (El Chiringuito via 90min)

Gusa ikipe ya PSG  ntikozwa ibyaya amakuru aho bavuga ko mu isoko ry’igura n’igurisha ry’impeshyi ya 2024 batari mu mwanya mwiza wo gusohora amafaranga menshi. (L’Equipe)

Ikipe ya Lyon  iri mu bibazo by’ubukungu irasha asaga £25m ku Mufaransa wayo Rayan Cherki, 21, ukina hagati mu kibuga kuri ubu uri kwifuzwa n’amakipe arimo  Liverpool na  Bayer Leverkusen . (Footmercato)

Ikipe ya Southampton  yagaragaje ko yiteguye gusinyisha Umunya-Brazil wa  Real Madrid  Endrick, 18, gusa nanone ikipe ya  Roma ndetsea na  Real Valladolid z’iramutekereza. (Sport via Mirror)

Arsenal irasha kugura umusore ukiri muto w’ikipe ya Southampton  akaba akomoka muri Ireland ya Majyaruguru Shea Charles, 21, nyuma y’uko ari kwitwara neza mu ikipe ya Sheffield Wednesday aho atijwe. (Fichajes – in Spanish)

Newcastle United ijisho ryayo riri ku musore w’imyka 17 w’ikipe ya  Sporting  akaba n’Umunya-Portugal Geovany Quenda, gusa uyu mababa aranifuzwa bikomeye na  Manchester United ndetse na  Chelsea. (Give Me Sport)

Mu rwego rwo gukomeza igice cyugarira Manchester City  irashaka kugura myugariro w’ikipe ya  RB Leipzig yo mu gihugu cy’Ubudage  Umufaransa Castello Lukeba, 21. (Football Transfers, external)

Ikipe ya Crystal Palace irashaka kugura rutahizamu mu isoko ry’igura n’igurisha ry’ukwezi kwa mbere 2025 nyuma yo gutandukana na Michael Olise wagiye mu gihugu cy’Ubudage ndetse na Joachim Andersen we wagumye muri Premier League. (Football Insider)

Ikipe ya Aston Villa y’umutoza Unai Emery ntakindi iri gutekereza usibye kuzagura myugariro mu kwezi kwa mbere wa  Real Betis Diego Llorente, 31, akaba Umunya- Esipanye . (Football Insider)

Ikipe ya Galatasaray iri gutekereza kuzatwara rutahizamu wa Tottenham Hotspur akaba Umunya-Koreya y ‘Epfo Son Heung-min, 32, ni mu gihe amasezerano y’uyu musore azarangirana na tariki 30 Kamena 2025 . (Fanatic – in Turkish, external)

Uhagarariye inyungu no gushakira akaryo myugariro wa Tottenham Hotspur Radu Dragusin, 22, ntago ashaka ko umukiriya we yatizwa mu kwezi kwa mbere nk’uko biri gutekerezwa , ahubwo ngo bakemera bagategereza mu kwa Gatandatu bagasohoka burundu . (Tuttomercato – in Italian, external)

Umutoza w’ikipe ya Bayer Leverkusen  Xabi Alonso, 42, wifujwe n’amakipe atandukanye arimo na Real Madrid ngo azafata umwanzuro ku hazazahe mu kwezi kwa Gatatu 2025 . (Marca – in Spanish)

Ikipe ya Liverpool  irakereza umusore w’ikipe ya  Eintracht Frankfurt akaba n’Umunya-Misiri Omar Marmoush, 25, nk’umusimbura w’amwene wabo Mohamed Salah igihe yaba asohotse. (Give Me Sport)

Liverpool  yongeye gutekereza gutwara Umufaransa w’ikipe ya Inter Milan  Marcus Thuram, 27, ubu akaba afite amafaranga yatangwa agasohoka(release clause) angana na £70m kugeza mu mwaka w’imikino wa 2027-28 . (Gazzetta dello Sport – in Italian, external)

Ikipe ya Arsenal nyuma y’uko iri kugorwa no kwinjiza ibitego yamaze kugira Alexander Isak, 25, wa  Newcastle United nk’umukinnyi w’ibanze wo kugura, ni muri urwo rwego The Magpies batekereza nabo kugura Dominic Calvert-Lewin, 27, wa Everton cyangwa Jonathan David, 24, wa Lille nk’umusimbura wuyu Munya-Sweden. (TeamTalk)

Ni nako kandi The Gunners iri gutekereza gutwara Umunya-Turkey w’imyaka 19 Arda Guler wa Real Madrid akaba akina nk’amababa gusa byagoye kubona umwanya uhagije wo gukina muri iyi kipe y’i Madrid. (Sport – in Spanish)

Umutoza w’ikipe ya Liverpool  Arne Slot ngo yiteguye kugurisha abazamu be babiri Umunya- Brazil Alisson Becker, 31, ndetse n’Umunya- Republic ya Ireland Caoimhin Kelleher, 25, mu mpeshyi ya 2025 ubwo umuzamu baguze azaba aje akaba umuzamu ubu wa  Valencia  Georgia Mamardashvili, 24. (TBR)

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *