EntertainmentHomeSports

Miss Kalimpinya  yasubitse irushanwa ryo gusiganwa ku mamodoka yagomba kwitabira

Umushoferi wo gusiganwa ku ma modoka  wo mu Rwanda witwa  Kalimpinya Queen  yatangaje ko atazagaragara mu irushanwa rya Champions Sprint rizabera  muriUganda ku ya 26 Ukuboza, bitewe n’impamvu yise  iz’ubuzima.

Kalimpinya yatangaje icyemezo cyatunguye imbaga  mu itangazo yashyize ahagaragara ku abicishije ku rukuta rwe rwo ku rubuga rwa Instagram ku ya 24 Ukuboza.

Uyu mushoferi yagaragaje impamvu yo kutitabira iri rushanwa ko ari ukubera ko aherutse gukora impanuka ikagira ibyo yangiza mu bihaha bye ndetse n’urwungano rwe rw’imuhumekere byantumye  adashobora kuba yatwara imodoka bijyanye nuko atameze neza  .

Kuba Kalimpinya adahari ni igihombo kuri we ndetse n’irushanwa ryose muri kuko ibi ni birori bizwiho gukurura abatwazi b’imodoka bakomeye baturutse mu karere k’ibiyaga bigari byose.

Iri tangazo uyu mukinnyi yashyize ahagaragara  ryaje rikurikirana n’ubutumwa bwinshi bw’abafana be na bagenzi be benshi bamukurikirana ku mbuga ze nkoranyambaga  bamwifuriza gukira vuba.

Miss Kalimpinya Queen Ku nshuro ya mbere,yagiye gutwara imodoka muri ‘Rwanda Mountain Gorilla Rally’ aho yabaye Umunyarwandakazi wa mbere uhatanye muri iri siganwa ry’imodoka rikomeye mu Rwanda.

DAILY BOX REPORTS

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *