Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane wa tariki 03 Werurwe 2025, hashyira ku wa Gatanu w’icyumweru amakuru menshi yemeje urupfu rwa Alain Mukuralinda akaba umuvugizi wungirije wa Goverinoma y’u Rwanda gusa aya makuru ntaremezwa n’impande areba haba Guverinoma y’u Rwanda cyangwa se abo mu muryango we.
Amakuru avuga ko Alain Mukuralinda uzwi mu muziki nka “Alain Muku” yajyanywe mu bitaro byitiriwe umwami Faisal kuri uyu wa Kane ari muri koma , akaba ari kwitabwaho n’abaganga Kandi Aya makuru yaje nyuma yayatangajwe ko yitabye Imana.
Amavomo atandukanye akemeza ko Goverinoma y’u Rwanda iri gutegura amakuru ahamye (Official Communication) yerekeye ubuzima bwa Alain Mukuralinda.
Uyu mugabo yavutse mu 1970 , akaba yarize amashuriye abanza mu Rugunga, ayisumbuye ayiga mu karere ka Rwamagana mu ntara y’Iburengera Zuba yiga icungamutungo, aho yavuye yerekeza mu cyahoze ari Kaminuza nkuru y’u Rwanda mu 1991 , gusa ntiyigeza ayirangizamo kuko yahise akomereza mu by’amategeko mu gihugu cy’Ububiligi.
Usibye kuba Umuvugizi w’UbushinjaCyaha , yabaye n’UmushinjaCyaha ndetse azwi cyane mu kuburana imanza za jenoside yakorewe abatutsi 1994 .
Si ibyo gusa kuko azwi no mu muziki aho afite indirimbo zamenyekanye, cyane iza amakipe harimo nka “Tsinda Batsinde” yaririmbiye ikipe y’igihugu y’Umupira w’Amaguru “Amavubi” , n’iyo yise ‘Rayon Sports’ yaririmbiye iyi kipe, yabaye n’ureberera inyungu z’umuhanzi Nsengiyumva Francois wamenyekanye nka ‘Igisupusupu’.
IYI NKURU UYAKIRIYE UTE?