FootballHomeSports

FIFA yashyizeho ibihembo bidasanzwe ku makipe azitabita igikombe cy’isi cy’ama ‘Clubs’

Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku isi [FIFA ] ryatangaje ko ryashoye akayabo ka miliyari y’ameyero mu bihembo by’amakipe azitabira igikombe cy’isi cy’ama’clubs’ cyizitabirwa n’amakipe 32 kikabera muri leta zunze Ubumwe z’Amerika .

FIFA yashimangiye  ko yageneye miliyoni 525 z’amadolari y’amanyamerika  amakipe  yose azitabira iri rushanwa riteganijwe kuba guhera ku ya 14 Kamena kugeza ku ya 13 Nyakanga .

Aho  miliyoni zisaga 38.19 zizahabwa buri ekipe izaba yaturutse ku mugabane w’Uburayi kugeza kuri miliyoni 3.58 z’amadolari zizahabwa amakipe azahagararira umujyi wa Auckland ndetse n’umugabe wa Oceania.

Izindi miliyoni zisaga 475 FIFA yemeje ko zizagenda zitangwa ku makipe azagenda atsinda imikino yo mu matsinda uko ari 63 , ikipe izayobora itsinda izajya ihita ihabwa miliyoni 2 , izakina imikino ya kimwe cy’umunani izajya ihabwa miliyoni 7.5 naho ikipe izatwara igikombe igahabwa miliyoni 40 .

Umukino wa nyuma w’iri rushanwa biteganijwe ko uzabera kuri sitade ya Metlife iherereye mu mujyi wa New York muri USA, Ugereranije amakipe akomeye azaturuka ku mugabane w’ u Burayi nka Real Madrid  , Chelsea na Man City  aramutse atsinze imikino yayo yose yo mu matsinda kandi ndetse akitwara neza  mu majonjora ashobora kuzatwara akayabo ka agera kuri miliyoni 125 z’amadolari mu minsi itagera ku cyumweru .

Uko amatsinda ahagaze

Itsinda rya mbere: Palmeiras, FC Porto, Al Ahly FC, Inter Miami

Itsinda rya Kabiri: Paris Saint-Germain, Atletico Madrid, Botafogo, Seattle Sounders

Itsinda rya Gatatu: Bayern Munich, Auckland City, Boca Juniors, Benfica

Itsinda rya Kane: Flamengo, ES Tunis, Chelsea, Club Leon

Itsinda rya Gatanu: River Plate, Urawa Red Diamonds, CF Monterrey, Inter Milan

Itsinda rya Gatandatu: Fluminense, Dortmund, Ulsan HD, Mamelodi Sundowns

Itsinda rya Karindwi: Manchester City, Wydad AC, Al Ain, Juventus

Itsinda rya Munani: Real Madrid, Al Hilal, Pachuca, FC Salzburg

Abafana bo ku isi hose batangiye kwitegura igikombe kizaba ari kimwe mu marushanwa akomeye mu mateka y’umupira w’amaguru. Biteganyijwe ko amakipe azahura ku rwego rw’isi, kandi abashaka kureba imikino, bagiye gufata umwanya wo gukurikirana amatsinda y’ingenzi. Uru rushanwa rwitezwe kuba intangiriro y’ibihe byiza ku mukino w’umupira w’amaguru ku isi.

Iyi nkuru uyakiriye ute ?

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *