
Umudepite wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo, Cadet Kule Vihumbira, watorewe guhagararira umujyi wa Beni (Amajyaruguru ya Kivu), yahamagariye abashinzwe umutekano kugira ngo bajye bagenzura imikoreshereze ya buri gihe intwaro zahawe abapolisi n’igihugu cya Kongo (PNC) n’abasirikare b’ingabo za DRC (FARDC) muri uyu mujyi.
Uyu muyobozi watowe ashimangira iki cyifuzo cye cyo kigomba gushyirwa mu bikorwa mu maguru mashya mu rwego rwo gukumira ibyaha byo mu mijyi bigenda byiyongera mu mujyi wa Beni.
Nk’uko bigaragara mu mijyi ihuza imiryango itegamiye kuri leta, byibuze abasivili 16 bishwe n’abantu batazwi kuva mu ntangiriro zuyu mwaka, harimo babiri mu bitabye imana mu cyumweru gishize.
Urubanza ruheruka ni urw’umukobwa muto nyuma y’aho umurambo we wavumbuwe ku wa gatandatu, 14 Nzeri, mu karere ka Matonge. Mu ijoro ryo ku wa kane ushize, undi musore, watwaraga abantu kuri moto, yiciwe muri uwo mujyi.
Mu guhangana n’ibyaha bikomeje kuba ingorabahizi , Depite Kule yemeza ko ari ngombwa gukora igenzura rifatika ku ntwaro zatanzwe, bitewe n’uko amabandi menshi akorera muri uyu mujyi akunda kwambara imyenda isa n’iy’abasirikare cyangwa na polisi.
aho yagize ati : “Hariho uburyo bwo kugenzura intwaro bwitwa ko bwari busanzwe aho ababishinzwe bagenzuraga imyambaro ya gipolisi kuko abiba ndetse bakanateza umutekano muke usanga bambaye imyenda ya polisi. Ariko mu byukuri ntituzi niba ari abapolisi.”
Arahamagarira kandi Guverinoma guha ibiryo irondo kugira ngo badakoresha intwaro zabo mu bajya kwambura abaturage amafaranga:
“Iyo Guverinoma ihaye intwaro abapolisi cyangwa igisirikare, igomba no kubaha ibiryo. Bitabaye ibyo, bazakoresha intwaro zabo kugira ngo bagerageze kubaho bityo aho kubarinda, batangira kubatoteza.”