DRC yashinje LONI kutagira icyo ikora ku ihohoterwa rikorwa n’umutwe wa M23  n’u Rwanda

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane mpuzamahanga na Francophonie wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya kongo yabwiye akanama k’umuryango w’abibumbye gashinzwe umutekano ku isi ko ntacyo kakoze ngo gahagarike ihohoterwa rikorwa na M23 n’u Rwanda muri Kivu y’Amajyaruguru n’Amajyepfo .

Ibi Minisitiri w’ububanyi n’amahanga, ubutwererane mpuzamahanga na Francophonie, Thérèse Kayikwamba Wagner, yabitangeje ubwo  ku munsi wejo ku wa gatatu, tariki ya 16 Mata yari mu kanama k’umuryango w’abibumbye gashinzwe umutekano  ku isi i New York muri Leta zunze ubumwe z’Amerika .

Mu ijambo rye, Kayikwamba Wagner  yemeje ko we ubwe yikoreye igenzura asanga nyuma y’amezi arenga abiri hafashwe icyemezo 2773, cyagombaga guhagarika ihohoterwa we yemeza ko rikorwa n’u Rwanda na M23 ribera muri Kivu y’Amajyaruguru n’Amajyepfo, nta cyakozwe .

Minisitiri Kayikwamba yagize ati: “Iminsi 54 irashize kuva icyemezo  2773 cyafatwa, ariko  nta cyahindutse”.

Kayikwamba Wagner yanerekanye ko hakomeje kubaho ihohoterwa ry’uburenganzira bwa muntu , ibi bigakorwa n’ingabo z’u Rwanda na M23 nubwo hemejwe icyemezo cy’inama y’umutekano 2773 cyari kigamije guhagarika iryo hohoterwa.

Uyu muyobozi kandi yanashimangiye ko hakomeje kubaho ihohoterwa ry’uburenganzira bwa muntu, harimo kwica, kwinjiza abasivili mu gisirikare ku gahato, gushimuta, ndetse n’ibitero byibasira abaturage .

Iyi nkuru uyakiriye ute ?

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *