DRC : umutwe wa M23 watangaje abayobozi bashya b’ibice igenzura

Kuri uyu wa Kane tariki 14 Ugushyingo 2024 , Umutwe wa M23 washyizeho abayobozi 17 bo mu bice binyuranye byo mu Ntara ya Kivu ya Ruguru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo wamaze gutangaza ko wigaruriye ,ibi birimo umujyi wa Bunagana umaze igihe mu maboko y’uyu umutwe .

Ubuyobozi bw’umutwe wa M23  bwatangaje ko gushyira aba bayobozi muri utu duce biri mu nyungu zo gukomeza gukorera rubanda mu miyoborere yo mu bice byabohojwe na M23 nkuko bigaragara mu itangazo washyize hanze kuri uyu wa Kane tariki 14 Ugushyingo 2024, gusa nubwo bigaragara ko iki icyemezo cyatangajwe ku munsi wo wa Gatatu.

Uyu mutwe witwara gisirikare watangaje ko aba bayobozi uko ari 17 bashyizwe mu myanya biturutse ku cyemezo cyafashwe n’ubuyobozi bukuru bw’uyu mutwe, burimo n’ubwa Gisirikare nkuko byemezwa na  Perezida wa M23, Betrand Bisimwa akaba ari nawe wahaye umugisha iri tangazo nyuma yo gushyiraho umukono.

Muri aba bayobozi bahawe inshingano nshya zo kuyobora tumwe mu turere twigaruriwe na M23 muri DRC harimo Busimba Rodrigue wagizwe Umuyobozi Wungirije mu Mujyi wa Bunagana, ndetse na Gakomeye Benera wagizwe umuyobozi ushinzwe Iterambere muri uyu Mujyi

Si Bunagana yahawe umuyobozi kuko no mu Mujyi wa Kiwanja, hashyizweho Umuyobozi Wungirije, ari we Rukera Bienfait, ndetse na Ndiziwe Oscar wagize Umuyobozi ushinzwe guhosha amakimbirane.

Naho umujyi wa Rubare/Kako/Kalendera, hashyizwe Umuyobozi Wungirije, ari we Zahabu Josee, naho mu Mujyi wa Nyamilima, hashyirwaho Umuyobozi Mukuru ari we Hitimana Emmanuel, akaba yungirijwe na Muhindo Kambesa, mu gihe Nshimiye Fidele yahizwe Umuyobozi ushinzwe Iterambere.

Ibindi bice byahawe ubayobozi bushya harimo Santere ya Kibirizi, iya Nyanzale, ndetse na Santere ya Mweso.

Muri iki gihe hari kumvikana intambara ibera mu burasirazuba bwa Congo, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru (Nord-Kivu), ishyamiranyije Leta ya Congo n’Umutwe wa M23 (Mouvement du 23 Mars 2009) wiganjemo Abanye-Congo bavuga ururimi rw’Ikinyarwanda.

Muri 2020, mu burasirazuba bwa Congo (Nord-Kivu, Kivu y’Amajyepfo, Ituri, Tanganyika) habarurwaga imitwe yitwaje intwaro 122 harimo na M23. Ingabo za Leta ya Congo, FARDC n’ine muri iyo mitwe 122 ari yo FDLR (Forces Démocratiques pour la Libération du Rwanda), ADF (Allied Democratic Forces), APCLS (Alliance des Patriotes pour un Congo Libre et Souverain) na NDC-R (Nduma Defense of Congo-Rénové ya Guidon Shimiray Mwissa) byari byihariye kwica icya kabiri cy’abaturage bose bishwe hagati ya 2017 na 2020 mu burasirazuba bwa Congo, ndetse na kimwe cya gatatu cy’imirwano (incidents) muri ako gace.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *