Leta yahagurukiye guca akavuyo mu madini n’amatorero nyuma yo gushyiraho amabwiriza azashobora umugabo agasiba undi

Urwego rw’imiyoborere mu Rwanda rufite n’inshingano zo kureberere amadini n’amatorero ndetse n’indi miryango ishingiye ku myemerere yasohoye amabwiriza mashya agomba kubahirizwa nyuma yakajagari kagiye kagaragara muri iki gisata cy’imyemerere , amadini ndetse n’amatorero. 1.Umuryango usaba ubuzima gatozi muri RGB werekana icyemezo gitangwa n’Akarere cyangwa Umujyi wa Kigali kigaragaza ko inyubako yagenewe ibikorwa byo gusenga yujuje…

Read More

Ubushinjacyaha bwemeje ko bwakiriye dosiye y’ibirego bya ruswa biregwamo abayobozi ba RBC

Urwego rw’igihugu rw’Ubushinjacyaha rwatangaje ko rwakiriye dosiye ikubiyemo ibirego bya ruswa biregwamo Noella Bigirimana wari umuyobozi mukuru wungirije w’ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima [ RBC ] ndetse na Theo Uwayo Principe wari umuyobozi mukuru ushinzwe imari muri ikigo . Aya makuru kandi yanemejwe n’Umuvugizi w’Ubushinjacyaha bw’u Rwanda Bwana Faustin Nkusi ubwo yagiranaga ikiganiro n’igitangazamakuru cya The…

Read More

Kigali : Herekanywe abantu 7 batuburiraga rubanda biyitirira inzego z’ubugenzacyaha

Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha [ RIB ] rweretse itangazamakuru abantu bagera kuri barindwi bakurikiranyweho kwiyitirira inzego z’ubugenzacyaha hanyuma bagasaba amafaranga imiryango ifite ababo batawe muri yombi kubera ibyaha bakekwaho babizeza gufungurwa . Kuri uyu wa mbere tariki ya 10 Werurwe 2025 ku cyicaro gikuru cy’Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha giherereye mu mujyi wa Kigali nibwo RIB yerekanye abantu…

Read More

Uganda Cranes yahamagaye Denis Omedi na Hakim Kiwanuka ba APR FC

Kuri uyu wa mbere tariki ya 10 werurwe 2025 ,ikipe y’igihugu ya Uganda itozwa n’umubiligi Paul Put yamaze gutangaza urutonde rw’agateganyo rw’abakinnyi iyi kipe igomba kuzifashisha mu mikino ibiri yo gushaka itike y’igikombe cy’isi igomba kuzakinamo na Mozambique na Guinea . Ubwo yari mu kiganiro n’itangazamakuru cyabaye kuri uyu wa mbere i Kampala ku cyicaro…

Read More

DRC : M23 yigaruriye umujyi wa Nyabiondo muri Masisi

Umutwe wa M23 watangaje ko wamaze kwigarurira umujyi wa Nyabiondo uherereye mu ifasi ya Masisi mu majyaruguru ya Kivu nyuma yo gutsinsuramo ingabo za Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo [ FARDC ] zakoreraga muri kariya gace . Ifatwa rya Nyabiondo rije nyuma y’imirwano ikomeye yabaye hagati y’uyu mutwe n’ingabo za FARDC zari zifite ubufasha bw’ingabo…

Read More

Dore impamvu ugomba gukorana na GLES mu gihe ushaka kujya kwiga hanze y’u Rwanda

Global Linked Education Services [GLES ] ni kompanyi yihariye igufasha kubona amahirwe yo kwiga mu bihugu bitandukanye, aho bakugezaho  gahunda zo kwiga muri kaminuza na za koleji zitandukanye ku isi yose. GLES ni abafatanyabikorwa ba kaminuza zikomeye mu bihugu nka Amerika, Canada, U Bwongereza, Australia, na New Zealand. Iyi kampani rutura yiyemeje gufasha abanyeshuri kubona…

Read More

Liverpool yakuyeho agahigo kari kamaze imyaka 90 maze Salah yongera kunyeganyeza inshundura

Ikipe ya Liverpool, yakuyeho agahigo kaherukaga gucibwa mu myaka 90 ishize, ubwo yatsindaga ikipe ya Southampton 3-1, muri shampiyona,ndetse Mohamed Salah,nawe akomeza kwesa uduhigo mu gutsinda ibitego byinshi. Liverpool, yaturutse inyuma yishyura ndetse iza no kubona intsinzi, byahise bishimangira ko ishyize ikinyuranyo cy’amanota 16, hagati yayo na Arsenal ya kabiri, dore ko yo iri kwitegura…

Read More

Dore uko hirya no hino mu Rwanda hizihijwe umunsi mpuzamahanga w’umugore

Kuri uyu wa Gatandatu tariki 8 Werurwe 2025, u Rwanda rwifatanyije n’Isi mu kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore.  Ibirori byo kwizihiza uyu munsi no kuzirikana ibikorwa by’indashyikirwa abagore bakomeje kugeza ku Rwanda biri kubera hirya no hino mu Gihugu ku nsanganyamatsiko igira iti ‘Umugore ni uw’agaciro’. Ku rwego rw’Igihugu, uyu munsi wizihirijwe mu Murenge wa Hindiro,…

Read More

Central Afrique : Ingabo z’u Rwanda zakoze umuganda

Kuri uyu wa gatandatu tariki ya 8 Werurwe 2025 ,Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura no kubungabunga amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Centrafrique, zazindukiye mu muganda rusange zahuriyemo n’abaturage bo mu Mujyi wa Bangui. Abitabiriye uyu muganda bakoze ibikorwa birimo isuku muri uyu mujyi ndetse banasukura inkengero z’imihanda. Umuyobozi w’agace ka 5ème Arrondissements de…

Read More

Gasabo : Umugabo akurikiranyweho icyaha cyo gukubita umwanditsi w’urukiko

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Gasabo bwatangaje ko bwakiriye dosiye iregwamo umugabo wakubise  Umwanditsi w’Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo aramukomeretsa cyane. Ibyo byabaye tariki ya 27 Gashyantare 2025 ku Rukiko rw’Ibanze rwa gasabo ruherereye mu mudugudu wa Rugero, akagali ka Kibagabaga, umurenge wa Kimironko, mu karere ka Gasabo ubwo  uyu muturage yari aje gukurikirana iby’urubanza rwe. …

Read More