Menya byinshi kuri Hagenimana Agathe umaze iminsi yose y’ubuzima bwe aryamye !

Mu murenge wa Kabacuzi mu Karere ka Muhanga hari umwana w’umukobwa ubana n’ubumuga butangaje ku uburyo kuva yavuka atari yabyuka ngo ahagarare cyangwa ngo yicare n’umunsi n’umwe dore ko ahora aryamye ku gatanda gusa nubwo agaragarwaho n’ubu bumuga bw’ingingo hari ibitangaje kuri uyu mukobwa w’imyaka 37 . Hagenimana Agathe umaze imyaka yose ku isi atazi…

Read More

DRC : kera kabaye Leta yemeje amakuru y’iruka ry’Ikirunga cya Nyamuragira !

Ikigo gishinzwe kugenzura iby’Ibirunga muri Goma cyahamije amakuru yavugaga ko Ikirunga cya Nyamuragira giherereye mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo,cyaba kimaze iminsi ibiri gitangiye kuruka . Ikirunga cya Nyamuragira ni kimwe mu Birunga byo muri Afurika bikiruka kandi mu buryo wavuga ko buhoraho bizwi nka [active volcano] dore ko cyari kimaze umwaka n’igice…

Read More

Nyarugenge : Ubuyobozi bwatanze umurongo ku cyemezo cyo gufunga Irimbi rya Nyamirambo gikomeje kutavugwaho rumwe

Akarere ka Nyarugenge kategetse ko ibikorwa byo gushyingura mu irimbi rya Nyamirambo  bihagarara nyuma y’igenzura ryakozwe n’ubuyobozi bw’akarere bufatinije n’Ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyamirambo rikemeza ko ubutaka bwo gushyingurwaho busa n’ubwarangiye. Icyemezo cyashyizwe ahagaragara biciye mu ibaruwa Ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge bwandikiye ubuyobozi bwa Kompanyi RIP Company Ltd isanzwe ifite mu nshingano…

Read More

Amb . Busingye yerekanye umusaruro wavuye mu Ihuriro ry’Ubucuruzi n’Ishoramari hagati y’u Rwanda n’u Bwongereza

Kuri uyu wa kabiri mu mujyi wa Londres wo mu Bwongereza habereye imurikabikorwa ryitabiriwe n’ibigo bisaga 20 byo mu Rwanda byohereza ibicuruzwa bikomoka ku buhinzi bw’indabo mu mahanga. Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Busingye Johnston, yavuze ko iri murikabikorwa ryiswe ‘Taste of Rwanda’ rihuza abagira uruhare mu rwego rw’ubuhinzi n’ubucuruzi hagati y’ibihugu byombi. Amb Busingye…

Read More

Nyamagabe : Hizihijwe Umunsi Mpuzamahanga wahariwe Umugore wo mu Cyaro

kuri uyu wa kabiri , U Rwanda rwifatanyije n’Isi mu kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga wahariwe Umugore wo mu Cyaro, ahazirikanwa ibikorwa inzego zitandukanye zikomeje gushyiraho mu guteza imbere abagore bo muri ibi bice . Ku rwego rw’u Rwanda abagore bo mu Karere ka Nyamagabe bamuritse ibikorwa bishingiye ku buhinzi bw’ibirayi, ibigori, imbuto n’imboga n’ingano ndetse no…

Read More

Kigali : Hatangijwe inama Mpuzamahanga y’Ihuriro ry’Abenjeniyeri muri Afurika

kuri uyu wa Kabiri , mu mujyi wa Kigali hateraniye inama Mpuzamahanga y’Ihuriro ry’Abenjeniyeri muri Afurika ikaba igamije kwigira hamwe no gushaka igisubizo cy’ibibazo birimo ibijyanye n’imiturire iboneye, iterambere ry’inganda, ingufu zo guteka no gucana ziboneye n’ibindi . iyi nama yafunguwe ku mugaragaro na Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Dr Jimmy Gasore, wanahamije ko ari iby’agaciro kuba u…

Read More

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zazindukiye mu muganda [AMAFOTO]

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, Ingabo z’u Rwanda, [Rwanbatt-1] ziri mu butumwa bw’Amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye, UNMISS, muri Sudani y’Epfo, zazindukiye mu muganda ku Ishuri Ribanza rya Kapuri. Ni umuganda wakorewe ku Ishuri Ribanza rya Kapuri, riherereye i Juba mu Majyaruguru ya Bari, rikaba naryo ryarubatswe n’Ingabo z’u Rwanda mu 2017, aho kuri ubu…

Read More

Umuyobozi wa SONARWA akurikiranyweho kunyereza angana na Miliyoni 117 Frw

RIB yemeje ko Uwayoboraga kompanyi itanga serivisi z’ubwishingizi mu Rwanda ya SONARWA yatawe muri yombi azira ibyaha birimo kunyereza arenga miliyoni 117 z’amafaranga y’u Rwanda . Amakuru agera kuri Dailybox avuga ko uwatawe muri yombi ari uwitwa Rees Kinyangi Lulu akaba yari Umuyobozi Mukuru wa Sosiyete y’Ubwishingizi, Sonarwa General Insurance ndetse ko iki gikorwa cyo…

Read More

Nyamasheke : MINUBUMWE yagaragaje ibyo gukora mu rwego rwo kuzamura ubumwe n’Ubudaheranwa bw’Abanyarwanda

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascene, yabwiye abaturage bo mu Akarere ka Nyamasheke kwitabira gahunda za Leta uko bikwiye, ndetse kugendera kure imvugo zibayobya kuko biri mu bituma ubumwe n’ubudaheranwa bw’Abanyarwanda butagerwaho muri aka Karere.  Ibi yabigarutseho ubwo yifatanyaga n’ihuriro ry’ubumwe n’ubudaheranwa muri aka Karere mu biganiro bigamije gushakira umuti ibikibangamiye ubu bumwe….

Read More