Hashyizweho icyemezo kigamije gufasha Abaturarwanda kurusaho kwishimira iminsi mikuru

Urwego rw’igihugu rw’Iterambere mu Rwanda (RDB) rwigije imbere amasaha y’ibikorwa by’ubucuruzi  n’imyidagaduro nk’utubari n’utubyiniro, aho nko ku wa Gatanu, mu minsi y’impera z’icyumweru no mu y’ikiruhuko bizajya bikora ijoro ryose, aho gufunga saa saba na saa munani z’ijoro nk’uko byari bimeze . Leta y’u Rwanda yongereye amasaha y’ibikorwa by’ubucuruzi bujyanye n’imyidagaduro nk’utubari n’utubyiniro mu rwego…

Read More

Mucyo Antha yatangaje ko atazongera gukora itangazamakuru ukundi !

Umunyamakuru w’imikino witwa Mucyo Anta Biganiro yatangarije ikinyamakuru cya Radio 10 yakoreraga ko ahagaritse umwuga w’intangazamakuru, yemeza ko kuri ubu atazongera kugaragara mu bikorwa byose by’itangazamakuru Uyu mugabo urimo kubarizwa muri South Africa yemereye iyi radio ko ari mu nzira zerekeza muri America . Antha yaretse gukora kuri iki gitangazamakuru nyuma y’ibyo yari amaze iminsi…

Read More

RBC yemeje ko imibare y’abandura Mpox iri kwiyongera mu buryo budasanzwe

Imibare y’Abandura Mpox Iri Kwiyongera mu Rwanda, RBC Irakangurira Abantu Kwitwararika Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC) cyatangaje ko imibare y’abandura indwara y’ubushita bw’inkende (Mpox) iri kwiyongera mu Rwanda.  Mu kiganiro yagiranye n’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru ku wa Kabiri tariki 10 Ukuboza 2024, Umuyobozi w’Ishami rishinzwe kurwanya Ibyorezo muri RBC, Dr. Edson Rwagasore, yavuze ko abandura iyi ndwara…

Read More

Kigali : QA Venue Solutions Rwanda yerekanye amahirwe mu micungire y’Icyanya Cy’Imikino n’Imyidagaduro i Remera

Ikigo QA Venue Solutions Rwanda, gishinzwe imicungire y’inyubako za siporo ziri i Remera na Pariki ya Nyandungu, cyerekanye amahirwe ari mu bikorwa byo kubyaza umusaruro icyanya cy’imikino n’imyidagaduro kiri muri uyu mujyi.  Iki gikorwa cyabereye mu nama yahuje bamwe mu bagize Urugaga rw’Abikorera mu Rwanda (PSF), aho hagarutswe ku buryo inyubako ziri muri aka gace,…

Read More

Gisozi : Habaye impanuka ikomeye yatewe gucika feri kw’imodoka itwara ibishingwe

Mu Gakiriro ka Gisozi, habaye impanuka ikomeye yatewe no gucika feri kw’imodoka itwara ibishingwe yavaga i Nduba , iyi Impanuka yabaye ubwo iyo modoka yacikaga feri ikagonga ibinyabiziga byari biparitse mu muhanda, aho abakomeretse bari umunani mu buryo bworoshye n’abandi babiri bakomeretse bikomeye. Ubuyobozi bw’Akagari ka Musezero, aho iyi mpanuka yabereye, bwatangaje ko nta muntu…

Read More

U Rwanda ruri gucungira hafi iby’icyorezo kimaze kwararika imbaga muri DRC

Kuri iki cyumweru , Mu itangazo ryashyizweho umukono na Guverinoma y’u Rwanda, yamenyesheje ko yatangiye gukurikirana hafi amakuru y’icyorezo kitaramenyekana kimaze kwica abarenga 30 muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC). Icyorezo cyabonetse mu ntara ya Panzi na Kwango, zikaba ziri mu bilometero 700 mu majyepfo ashyira uburengerazuba bwa Kinshasa, aho abandi barenga 390 bamaze…

Read More

Ngororero : umugabo yabeshye ko ubugabo bwe bwarigise !

Mu karere ka Ngororero, umurenge wa Matyazo, akagari ka Rwamiko ho mu mudugudu wa Rwamiko, haravugwa inkuru y’umugabo witwa Marcel, ushinjwa guhimba ikinyoma gikomeye cy’uko ubugabo bwe bwaburiwe irengero. Iyi nkuru ikomeje kugirirwa impaka, aho abaturanyi n’abantu bamuzi neza bavuga ko ibyo yavuze ari ukuri, mu gihe we ubwe akomeje kubihakana. Abaturanyi ba Marcel bavuga…

Read More

IPAR Rwanda: Ibikorwa bibangikanywa n’amasomo ku mashuri bifite uruhare rukomeye mu kugena ahazaza h’urubyiruko.

Abafatanyabikorwa ndetse n’ abagira uruhare mu burezi kuva ku mubyeyi, barashishikarizwa kumva akamaro k’ibikorwa umunyeshuri ashobora kubangikanya n’amasomo asanzwe, no kubimufashamo, kuko byagaragaye ko ibyo bikorwa bigira uruhare mu gufungura amahirwe yo kubona akazi ku rubyiruko rwiga cyane cyane mu mashuri yisumbuye n’ay’imyuga, ndetse no gusabana na bagenzi be bihugura no mu masomo. Ni ibigaragazwa…

Read More