Abanyuma bazatoranwamo umukinnyi mwiza wa Africa 2024 bamenyekanye

Impuzamashyiharamwe y’aruhago muri Africa “CAF” yatangaje urutonde rw’abakinnyi batanu bazatoranwamo umwe uzatwara igihembo cy’umukinnyi mwiza w’umwaka muri Africa. Ni ibihembo bizatangwa ku itariki ya 16 Ukuboza 2024, hazaba ari ku munsi wa mbere bikazatangirwa mu gihugu cya Morocco, hashakwa ugomba gukorera mu ngata Umunya-Nigeria Victor Osimhen wakegukanya muri 2023 akiri mu ikipe ya Napoli. Mu…

Read More

Kylian Mbapppe yahanaguweho ibyaha byo gufata ku ngufu

Ubushinjacyaha bwo muri Suwede bwamaze guhagarika iperereza bwakoraga kuri rutahizamu wa Real Madrid akaba na Kapiteni w’ikipe y’igihugu y’Ubufaransa Kylian Mbappe nyuma yuko mu kwezi gushize ibinyamakuru byandikirwa muri suwede byari byanditse ko Mbappe ashobora kuba yarakoze ibyaha byo gufata ku ngufu . Ibi byashimangiwe na Madame Marina Chirakova, uyobora ikigo cy’ubushinjacyaha bwa Suwede,  wemeje…

Read More

Igihugu cya Morocco cyongeye kwakira igikombe cy’Afurika, ndetse n’urugendo rukerekezamo ruramenyekana

Uyu munsi Ukuboza nibwo hamenyekanye ko Morocco, izakira ku nshuro ya gatatu yikurikiranya igikombe cy’Afurika 2026 mu cyiciro cy’abagore ndetse, hatangazwa n’inzira izitabazwa mu kumenya abazakitabira. Amakipe agera kuri 38 niyo yinjiye mu ijonjora rizatanga abazakina iyi mikino,umubare wagabanyutseho amakipe 4 ugereranyije n’ayitabiriye andi majonjora mu myaka yashize. Impande zombi zizakina imikino ibiri ubanza ndetse…

Read More

Kyle Walker yahamagariye Instagram guhaguruka ikarwanya irondaruhu

Myugariro wa Manchester city Kyle Walker yasabye ubuyobozi bw’imbuga nkoranyambaga byumwihariko Instagram ndetse n’abandi bareberera umupira nyaburayi guhagurukira kurwanya irondoruhu mu maguru mashya nyuma yuko uyu mwongereza yaraye akorewe irondaruhu nyuma y’umukino batsinzwemo na Juventus ibitego 2-0 . Kyle Walker yaraye akinnye iminota mirongo icyenda yose mu mukino ikipe ye yari yagiye gusuramo ikipe ya…

Read More

Ruben Amorim yiniguye ku bijyanye n’igenda rya Dan Ashworth

Umunya- Portigal utoza ikipe ya Manchester united witwa Ruben Amorim yatangaje ko ubuyobozi bw’ikipe ayobora bwisanze ntayandi mahitamo busigaranye usibye gutandukana bitunguranye n’uwari umuyobozi wa siporo witwa Dan Ashworth ndetse anemeza ko kugenda ku muntu umwe ntacyo byatwara ikipe . Igenda rya Dan Ashworth wari umaze muri izi nshingano iminsi 159 ryatangajwe n’umuyobozi mukuru ushinzwe…

Read More

Fifa  yatangaje ibihugu bizakira igikombe cy’isi cyo muri 2030 no muri 2034

Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku isi [ FIFA ] yemeje ko igikombe cy’isi cy’umupira w’amaguru mu bagabo 2034 kizabera muri Arabiya Sawudite, mu gihe Espagne, Porutugali na Maroc bizahuriza hamwe mu kwakira icyo muri 2030. Gusa imikino itatu mu marushanwa yigikombe cy’isi cyo muri 2030 niyo izabera muri Arijantine, Paraguay na Uruguay mu rwego rwo kwizihiza…

Read More

UCL :Ikipe ya Juventus imaze guhuhura Man City

Mu kanya gashize ikipe ya Manchester city imaze gutsindwa n’ikipe ya Juventus ibitego bibiri ku busa mu mikino ya champions League byanatumye amahirwe yayo yo kugandagiza ikirenge mu cyiciro cya kimwe cy’umunani cy’irangiza cy’iri rushanwa ayoyoka . Ibitego bya Dusan Vlahovic na Weston McKennie ni byo bitandukanije impande zombi ndetse binahesha amanota atatu ikipe ya…

Read More

Pep Guardiola ntayindi kipe azongera gutoza naramuka atandukanye na Man city

Pep Guardiola yaraye atangaje ko Manchester City izaba ariyo ikipe ye ya nyuma atoje mu mwuga we w’ubutoza bw’amakipe y’umupira w’amaguru mbere yuko ashobora kujya gutoza amakipe y’ibihugu. Uyu wahoze ari umutoza wa Barcelona na Bayern Munich yatwaye ibikombe 15 bikomeye kuva yatangira gutoza Man City mu 2016. Uyu munya Espagne w’imyaka 53 yegerewe mu…

Read More