Mbonye amahirwe yo gukina umukino wa nyuma nahitamo gukina na Uruguay : Asamoah Gyan

Uwahoze ari kapiteni w’inyenyeri zirabura za Ghana, Asamoah Gyan yongeye kwerura avuga ku bihe bikomeye yanyuzemo ubwo yahushaga penaliti maze ikipe y’igihugu cye igasezererwa na Uruguay ya Luis Suarez mu mikino ya 1/4 y’igikombe cy’isi muri 2010. Mu guhangana n’ingaruka z’ibibazo uyu mukino wateje kuri uyu mugabo, uyu yasobanuye ko kugeza nanubu inzozi mbi zo…

Read More

Urutonde rw’abatoza bane bazakurwamo umwe uzasimbura Carlo Ancelotti

Ikipe ya Real Madrid iherutse gusezerwa mu mikino ya Champions League na Arsenal muri kimwe cya Kane kirangiza, inayisezerera mu buryo bwagaragaje intege nke za Real Madrid aho mu mukino ubanza yayitsinze ibitego bitatu ku busa(3-0), mu gihe uwo kwishyura yayitsinze ibitego bibiri kuri kimwe (2-1), imbere y’abafana buzuye Santiago Bernabéu. Nyuma y’uyu mukino, bamwe…

Read More

Barcelona igiye kugarura umukinnyi wayo w’ingenzi wari waravunitse

Umukinnyi w’ikipe ya Barcelona ukina hagati mu Kibuga yugarira Marc Casado ari munzira zo kugaruka mu kibuga nyuma y’ikibazo cy’imvune yagize ku mukino wa Atletico Madrid nyuma yo gukina iminota 67. Amakuru aravuga ko muri uku kwezi kwa Gatanu aribwo azagaruka akaba afite amahirwe yo kuzakina n’umukino w’anyuma wa Champions League igihe Barcelona yawugeraho (Finali…

Read More

CAF yahanishije Patrice Motsepe uyiyobora gutanga amadolari  100,000

Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF) yaciye akayabo k’amadorari asaga 100,000  perezida wayo Patrice Motsepe kubera imvururu zikomeye  zatewe n’abafana ba Mamelodi Sundowns  zabaye mu mukino  wa CAF Champions League wabahuje na Esperanse de Tunis . Mamelodi Sundowns, isanzwe ifitwe n’umukire akaba na perezida wa CAF  ,Patrice Motsepe yahanishijwe gutanga aka kayabo kubera ko yarenze…

Read More

Hagati ya FERWAFA na Rayon Sports ninde uzatsinda urugamba rwavutse hagati yabo?

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda “FERWAFA” ryatangiye urugamba rwo gukemura ikibazo cyavutse ku mukino wa kimwe cya Kabiri cy’Igikombe cy’Amahoro hagati ya Mukura VS na Rayon Sports cyatewe n’ibura ry’umuriro ubwo umukino wari ugeze ku munota wa 27′ w’umukino. Ibi bikiba , ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko bizeye ko bazatera mpaga Mukura VS bisunze…

Read More

Igisa nk’ikinamico mu mikino ya UEFA Europa league ya kimwe cya Kane

Imikino ya 1/2 cya UEFA Europa league yaraye imenyekanye nyuma y’irangira ry’imikino ya 1/4 ahanini yaranzwe no gutungurana harimo n’umukino w’amateka ikipe ya Manchester United yatsinzemo iya Olympic Lyonnais ibitego 5 kuri 4. Hafi y’amakipe yose uko ari 8 yakinaga imikino ya 1/4 muri UEFA Europa league yari azi abo bagomba guhura mu gihe yakomeje,…

Read More

Umutoza wa Rayon Sports ‘Robertinho’ ari gutakamba ngo yishyurwe amezi atatu y’umushahara we

Umutoza ukomoka mu gihe cya Brazil Roberto Oliveira Gonçalves do Carmo “Robertinho” arishyuza Rayon Sports amafaranga y’amezi atatu mu gihe iyi kipe yamaze kumuhagarika igihe kingana na mezi abiri adatoza kubera umusaruro muke. Mu gitondo cyo ku wa 14 Mata 2025, nibwo perezida wa Rayon Sports Twagirayezu Thadee yemeje ihagarikwa rya Robertinho kubera umusaruro muke…

Read More

Mukura VS yatangaje ko idakwiye kubazwa igenda ry’umuriro ku mukino bakiriyemo Rayon Sports

Ikipe ya Mukura VS , yandikiye Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda “FERWAFA” basobanura ko bo badakwiye kubazwa iby’igenda ry’umuriro ku mukino wabahuje na Rayon Sports ukaza guhagarara ku munota wa 27′ kuko ibyabaye ari impanuka. Wari umukino wa kimwe cya Kabiri w’Igikombe cy’Amahoro cya 2024-2025, harebwa ikipe igomba gukina umukino w’anyuma muri iki gikombe, uzarokoko…

Read More

FERWA yagize icyo itangaza ku isanganya ryabaye ku mukino wa Mukura VS na Rayon Sports

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda “FERWAFA” ryatangaje ko ryakiriye raporo yavuye ku mukino wahuje Mukura VS na Rayon Sports nturangire kubera izima ry’amatara, bityo ikaba yashyikirijwe komisiyo ishinzwe amarushanwa ngo iyigeho. Kuri uyu wa Kabiri wa tariki 16 Mata 2025, nibwo ikipe ya Mukura VS yari yakiriye iya Rayon Sports mu mukino wa kimwe cya…

Read More