Amakipe abiri akomeye muri Tanzania ategerejwe i Kigali

Ikipe ya Rayon Sports na APR FC biteganyijwe ko zizakina n’amakipe ya Simba SC na Young Africans mbere y’uko umwaka w’imikino utaha 2025-2026 utangira. Nk’uko byatangajwe n’umuvugizi wa Young Africans Ally Kamwe yemeje ko bazakina na Rayon Sports tariki 15 z’u kwezi kwa munani 2025, bikazaba ari umunsi w’igikundiro nk’uko abafana ba Rayon Sports bawita(Rayon…

Read More

Watford yegukanye Nestory Irankunda wa Bayern Munich

Ikipe ya Watford yo mu cyiciro cya kabiri mu Bwongereza yamaze kumvikana na Bayern Munich ku igurwa rya Nestory Irankunda, rutahizamu w’imyaka 19 w’umunya-Australia, ku giciro kiri hafi ya miliyoni 3 z’ama-euro (€3m) hamwe n’amasezerano y’igihe kirekire azageza mu 2029.  Nk’uko bitangazwa n’umunyamakuru wizewe Fabrizio Romano, Bayern izagumana uburenganzira bwo kugura Irankunda ku giciro cyemewe…

Read More

FLASH BACK – “FRATERNITÉ, EGALITÉ, STUPIDITÉ “: amagambo Materazzi yabwiye Zidane nyuma yo kumutera umutwe !

Ikubitwa ry’umutwe mu gatuza k’Umutaliyani Marco Materazzi, bikozwe na Zinedine Zidane, ni kimwe mu bikorwa bigayitse bizahora byandikwa mu mateka y’umupira w’amaguru. Bikaba akarusho iyo havugwa imikino y’igikombe cy’isi. Hari ku italiki ya 9, Nyakanga muri 2006, ubwo isi yose yari ihanze amaso ibihangange bibiri byari bigiye guhurira ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi cyakirwaga…

Read More

Tottenham Hotspur ishobora guhanwa na Premier League bikomeye

Ikipe ya Nottingham Forest yamaze guhagarika igikorwa cyari kigeze kure cyo gusinyisha umukinnyi wabo ukina hagati mu kibuga Morgan Gibbs-White ndetse iyi kipe itanga ikirego kuri Premier League. Tottenham Hotspur yari yemeye kwishyura miliyoni £60 kuri uyu musore ndetse ibinyamakuru byinshi by’i Burayi byari byamaze kwemeza iyi nkuru ndetse ko agomba kuba umukinnyi mushya w’iyi…

Read More

Rayon sports irimo Rutanga Eric yatangiye imyitozo

Ikipe ya Rayon Sports kuri uyu wa gatandatu wa tariki 11 Nyakanga 2025, yakoze imyitozo ifunguye ku nshuro ya gatatu yitegura umwaka utaha w’imikino wa 2024-2025 imyitozo yagaragayemo abakinnyi bashya. Ni imyitozo yabereye ku kibuga n’ubundi gisanzwe gikorerwaho imyitozo n’iyi kipe cya Nzove , umutoza mukuru Afhamia Lotfi niwe wakoresheje imyitozo ari kumwe n’umwungiriza we…

Read More

EXCL : Chelsea yahaye uburenganzira Noni Madueke bwo kujya gusoza byose byo kwerekeza muri Arsenal

Mu gihe Chelsea yitegura guhatana na Paris Saint-Germain ku mukino wa nyuma w’irushanwa rya Club World Cup muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, umukinnyi wayo Noni Madueke yamaze guhabwa uburenganzira bwo gusubira mu Bwongereza aho agiye kurangiza igurwa rye n’ikipe ya Arsenal ku gaciro ka miliyoni £52. Madueke, w’imyaka 23, yari amaze iminsi agaragaza ibimenyetso…

Read More

Urukiko rwo muri Esipanye rwakatiye Carlo Ancelotti

Umunya-Brazil, Carlo Ancelotti yakatiwe n’urukiko rwo mu gihugu cya Esipanye igifungo cy’umwaka umwe nyuma yo guhamwa n’ibyaha byo kunyereza imisoro. Ancelotti ashinjwa kunyereza imisoro ikomoka k’umafaranga yinjije mu gucuruza izina rye n’amashusho ye(Image right) mu mwaka 2014 ubwo yari umutoza wa Real Madrid. Nubwo yakatiwe igifungo, ntazajyanwa muri gereza kubera ko amategeko ya Esipanye avuga…

Read More

Rayon sports igiye gusinyisha umutoza mushya nyuma ya rutahizamu yibitseho

Ikipe ya Rayon Sports nyuma yo gusinyira rutahizamu ukomoka muri Congo Chadrack Bingi Belo yamaze no kumvikana n’umutoza ugomba kungiriza Afhamia Lotfi. Kuri uyu wa Gatatu wa tariki 09 Nyakanga 2025, Rayon Sports ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo nibwo yatangaje ko yasinyishije uyu Munya-Repubulika ya Demokarasi ya Congo w’imyaka 20 akaba akina nka rutahizamu. Ni…

Read More