Mu amasengesho yo gusengera igihugu , Perezida Kagame  yatanze umurongo ku kibazo cy’insengero zafunzwe

Mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru, Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye amasengesho yo gusengera Igihugu no gushima Imana. Aya masengesho yateguwe n’Umuryango Rwanda Leaders Fellowship mu rwego rwo gushimira Imana ibyo yakoreye Igihugu muri manda ishize, uko amatora yagenze, ndetse no kuyiragiza manda nshya u Rwanda rwinjiyemo.

Amasengesho yo gusengera Igihugu no gushima Imana. Ni amasengesho yitabiriwe n’abayobozi mu nzego nkuru z’Igihugu, abahagarariye amadini n’amatorero, abikorera n’abandi.

Mu ijambo yagejeje ku bari aho, Perezida Kagame yagarutse ku gikorwa cyo gufunga insengero na Kiliziya zitujuje ibisabwa biherutse gukorwa mu gihugu hose, ababwira ko impamvu zafunzwe ari nyinshi harimo kuba byarakoraga bitujuje ibisabwa ariko ko indi mpamvu n’imikorere y’izo nsengero yashyiraga ubuzima bw’abahasengera mu kaga ndetse anagaragaza ko imyemerere y’amadini, politiki n’umuco byose byuzuzanya.

Perezida Kagame yashimiye Umuryango Rwanda Leaders Fellowship, wateguye umwanya wo gushima Imana ku bw’amatora aherutse kuba mu Rwanda.

Aho yagize ati : “Idini, politiki n’umuco w’abantu, buri kimwe gifite umwihariko wacyo n’icyo gitanga ndetse ahenshi ntabwo ibintu biba byuzuye, iyo ibyo navuze uko ari bitatu bidahujwe.

“Idini, politiki n’umuco w’abantu. Buri kimwe gifite umwihariko wacyo n’icyo gitanga ndetse ahenshi ntabwo ibintu biba byuzuye iyo ibyo navuze uko ari bitatu bidahujwe. Iyo utabihuje, hari ikibuzemo, ushobora no kutagera ku 100%, ukagera hafi, bigomba guhura rero.

“Abantu batinya guhakanya umuntu ukora ibintu bibi nk’ibyo cyangwa utanga ubutumwa butari bwo kuko bishyiramo ko mbikoze naba mpakanyije Imana kuko byakozwe mu izina ry’Imana.” Perezida Kagame avuga ko abigisha ibinyoma badakwiye kwihanganirwa.

“Imyizerere nkiyo ishobora gusubiza Abanyarwanda inyuma hakabaho kubwira abantu barebare ko aribo begereye Imana, ati abagufi bari kure yayo, ko byabaye se mbere babigisha amacakubiri ubwo uwabigisha atyo urumva bitagaruka”

Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rwanyuze mu mateka akomeye nyuma ruriyubaka ruza kugera aheza akaba ariyo mpamvu abantu bari bakwiye kwigira kuri ayo mateka.

Ati “Dufite umwihariko rero w’ayo mateka abiri azaturanga igihe cyose ariko nizera ko amasomo yavuye mu bibi umuntu ashobora gukora, azatuma dukomeza inzira yo gukora no kugaragaza ibyo umuntu ashoboye gukora bizima akaba ari byo bihoraho kurusha gusubira mu mateka yacu.”

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *