Beni  : FARDC yasabwe gukora igishoboka cyose ariko igahashya amabandi abarizwa muri kano gace

Abagize Sosiyete sivile yo muri Teretwari ya Beni iherereye mu Amajyaruguru ya Kivu bashishikarije ingabo za Congo gukurikirana abanyabyaha, abakoze ibyaha birimo guteza umutekano muke ku wa gatatu, tariki ya 11 Nzeri mu mijyi muri uyu mujyi ndetse no mu nkengero zawo.


Sosiyete sivile yanagaragaje impungenge zayo nyuma y’amasaha 24 nyuma y’amabandi yitwaje intwaro yibye byibuze amazu 7 mu ijoro ryo ku wa kabiri kugeza ku wa gatatu ushize mu gace ka Bulongo, aka kakaba agace ko mu cyaro gaherereye nko mu bilometero 40 mu majyaruguru y’amajyaruguru y’umujyi wa Beni.


Binavugwa ko muri iki gitero, abo bagabye igitero batwaye amafaranga n’ibintu bitari bike kandi byagaciro. Meleki Mulala, umuhuzabikorwa wa sosiyete snshya itegamiye kuri leta yo mu murenge wa Ruwenzori, yasabye inzego z’umutekano gukora ibishoboka byose kugira ngo abaturage n’umutungo wabo babungabungirwe umutekano, hitabwa ku nteguza z’umutekano, ariko kandi banashyira mu bikorwa ingamba zikakaye zirimo igifungo ku bantu bakigaragarwaho izo ngeso zo gutwara utwa abandi ndetse akanashimangira ko ibi bishyizwe mu bikorwa byanaca umuco wo kudahana mu buryo bwuzuye.


aho yagize ati : “Abaturage bamaze amezi atatu bavuza induru buri munsi. Nibura amazu arindwi amaze kwibwea n’abambuzi bo mu mujyi rwagati. None rero, abantu barimo kwibaza ibibazo, aya mabandi yihishe he? Ndetse turanasaba uburyo bwo kuburira abayobozi gukemura iki kibazo cy’ingutu mu maguru mashya ”


Sosiyete sivile irasaba abayobozi b’ingabo gukora impinduka ku basirikare boherejwe na Bulongo, bakekwaho kuba bafatanya n’amabandi.


Gusa kurundi ruhande nubwo Sosiyete sivile ivuga ibi ,Mu mpera z’icyumweru gishize, umuvugizi w’ibikorwa bya gisirikare muri kariya karere, Colonel Mack Hazukayi, yatangaje ko bahora bahiga abasirikare badakora neza bakaba basimbuzwa nkaho ibyo bidahagije bakanabiryozwa mu murenge wa Ruwenzori.


Uyu musirikare mukuru yahise asaba ubufatanye bw’abaturage baho gutanga amakuru ku muntu uwo ari we wese waba akekwaho gukora cyangwa se no gufasha abagizi ba nabi barimo gushakisha muri kariya gace ka Kivu y’Amajyaruguru.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *