Kiernan Dewsbury-Hall yerekeje muri Everton nyuma y’umwaka umwe muri Chelsea

Everton yamaze kumvikana na Chelsea ku gusinyisha umukinnyi wo hagati Kiernan Dewsbury-Hall ku kayabo ka miliyoni £28.

 Amasezerano agizwe n’amafaranga y’ingenzi £24m, hamwe n’andi ari hagati ya £3m na £4m azongerwaho mu bihe bizaza bitewe n’umusaruro.

Dewsbury-Hall w’imyaka 26 y’amavuko, biteganijwe ko agomba kujya gusoza ibijyanye n’amasezerano ye bwite no gukora ibizamini by’ubuzima, nubwo Fulham yagaragaje ko imushaka mu minsi ya nyuma.

 Uyu mukinnyi yari ataragira ubushake bwo kuva muri Chelsea nyuma y’uyu mwaka yatwayemo ibikombe birimo Fifa Club World Cup na UEFA Conference League, ndetse no kubona itike ya Champions League.

Gusa Chelsea ntiyigeze imufata nk’umukinnyi udakorwaho, dore ko n’ubusanzwe bamutanzeho miliyoni £30 bamukuye muri Leicester City mu 2024.

Byumvikane, umwanzuro wo kumugurisha wari ugamije kugabanya umubare w’abakinnyi ndetse no gukemura ikibazo cy’amategeko ya UEFA yerekeye imikoreshereze y’amafaranga.

Nubwo Maresca yari yizeye ko azamukoresha cyane, Dewsbury-Hall yasanze akenshi asigaye ku ntebe y’abasimbura, kubera ko imbere ye hari Caicedo, Lavia na Enzo Fernandez.

Yakinnye imikino ibiri gusa muri Premier League, ariko agaragaza impano ye cyane mu mikino ya Conference League aho yatsinze ibitego bine ndetse agatanga umupira wavuyemo igitego cya Sancho batsinda Real Betis 4-1.

Iyi nkuru uyakiriye ute ?

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *