Abantu 16 bishwe, abarenga 400 barakomereka mu myigaragambyo ikomeye yabereye muri Kenya

Imyigaragambyo yabereye muri Kenya ku wa Gatatu yatumye abantu 16 bahasiga ubuzima, mu gihe abarenga 400 bakomerekejwe, nk’uko byemejwe na Amnesty International Kenya.

Iyo myigaragambyo yitabiriwe n’abantu ibihumbi mu mijyi itandukanye nka Nairobi, Mombasa n’ahandi, yari igamije kwibuka umwaka ushize w’imyigaragambyo yakurikiyeho kwangwa kwa politiki y’imisoro ikabije.

Abigaragambyaga kandi baramagana ihohoterwa rya hato na hato rikomeje kugirirwa urubyiruko n’inzego z’umutekano.

Mu mujyi wa Nairobi, inzira zerekeza ku Nteko Ishinga Amategeko no ku biro bya Perezida zarafunzwe mbere y’uko imyigaragambyo itangira.

 Abapolisi babashije gukwirakwiza abigaragambya bakoresheje ibyuka biryana mu maso, amazi menshi n’amasasu nyayo, nubwo abari mu mihanda bari mu mahoro.

CNN yatangaje ko yiboneye abigaragambya berekana udukombe tw’amasasu. Byongeye, Urwego Ngenzuramikorere rwa Kenya (Communications Authority) rwategetse ibitangazamakuru byose guhagarika kugenzura no gutambutsa ayo mashusho mu buryo bwa “live”.

Nubwo Leta yatesheje agaciro umushinga w’itegeko ry’imisoro wari wateje impaka, urubyiruko rwinshi ruracyafite umujinya bitewe n’ibikorwa bya kinyamaswa birimo urupfu rw’umwarimu wapfiriye mu maboko ya polisi n’icurwa ry’umucuruzi utari witwaje intwaro.

Iyi myigaragambyo yibukije benshi ibihe bikakaye by’umwaka ushize, bigaragaza ko ikibazo hagati y’abaturage na Leta ya Kenya kitararangira.

Ivomo : CNN

Iyi nkuru uyakiriye ute ?

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *