Hatangajwe ugiye kuyobora filime nshya ya James Bond

Denis Villeneuve, umuyobozi wa filime ukomoka muri Canada wigeze no guhatanira ibihembo bya Oscar, agiye kuyobora filime nshya ya James Bond, nk’uko byemejwe na Amazon MGM Studios.

Villeneuve, wamamaye cyane kubera filime za Dune, Arrival, na Blade Runner 2049, yavuze ko ari umufana ukomeye wa James Bond kuva akiri umwana. Yatangaje ati: “Nakuriye kuri filime za James Bond ndi kumwe na papa, kuva kuri Dr. No ya Sean Connery. Kuri njye, Bond ni nk’igitambaro cyera.”

Uyu muyobozi azaba anafite inshingano nk’umwe mu bazaba bakuriye umushinga, ibintu bitari bisanzwe ku muyobozi wa filime za Bond, bigaragaza icyizere yahawe n’abategura uyu mushinga mushya.

Gusa nubwo izina ry’umukinnyi uzasimbura Daniel Craig ritaratangazwa, abasesenguzi bavuga ko Villeneuve ashobora kuzana Bond wimbitse, ugaragaza ibibazo by’imbere mu muntu, mu buryo bujyanye n’umwimerere wa filime Casino Royale aho kureba kuri za filime ziganjemo imikino y’ikinamico n’amayeri menshi nk’izo Roger Moore yakinnye.

Nubwo itariki y’ifatwa rya filime itaratangazwa, benshi biteze ko iyi Bond nshya izaba ihambaye, igahuza uburyohe bw’amateka yayo n’ubumenyi bwa Villeneuve mu kubaka inkuru zifite ishusho n’ubuzima bifatika.

Abakurikiranira hafi sinema bavuga ko ari intambwe ikomeye mu gusubiza Bond ku rwego rwo hejuru, aho ibikorwa byayo byongera kugira ijambo rikomeye mu ruhando rwa sinema mpuzamahanga.

Ivomo : Variety

Iyi nkuru uyakiriye ute ?

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *