
Kuri uyu wa gatandatu tariki ya 16 / Ukwakira /2024 , muri Kigali Convention Centre Madamu Jeannette Kagame akaba n’Umuyobozi Mukuru w’Umuryango Unity Club Intwararumuri yatangije ku mugaragaro Ihuriro rya 17 ry’uyu muryango.
Mu ijambo rye , Madamu Jeannette Kagame yahaye ikaze abitabiriye Ihuriro rya 17 rya Unity Club Intwararumuri avuga ko ibimaze kugerwaho nyuma y’imyaka 30 byari nk’inzozi.
Aho yagize ati : “Iyo umuntu atekereje iki Gihugu aho cyavuye, ukibuka iminsi ya mbere dutekereza Unity Club nta wari uzi ko byakunda nyamara twabigezeho ku kigero gishimishije.”
Agaruka ku mpamvu muri uyu mwaka Unity Club yahisemo insanganyamatsiko igira iti ‘Ndi Umunyarwanda: Igitekerezo ngenga cy’ukubaho kwacu’, Madamu Jeannette Kagame yavuze ko ari ngombwa gukomeza kuzirikana Ubunyarwanda nk’isano muzi y’Abanyarwanda.
Yagize Ati : “Ubumwe bwacu bukaba ingabo ikingira icyo ari cyo cyose cyadutanya, tutazirara tukibwira ko uwabibye ingengabitekerezo cya Jenoside yarekeye aho. Abifuriza Igihugu cyacu inabi no gutandukanya Abanyarwanda baracyahari kandi bari mu ngeri nyinshi. Abifuriza Igihugu cyacu inabi no gutandukanya Abanyarwanda baracyahari kandi bari mu ngeri nyinshi.”
Mu bandi bagize icyo bageza ku bitabiriye iri huriro harimo Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascène wagaragaje ko kubaka iterambere u Rwanda rwifuza rirambye mu cyerekezo 2050, bikeneye kubakira ku muco Nyarwanda no ku ndangagaciro zawo.
Aho yagize ati “U Rwanda rwahisemo ibintu bitatu, kuba umwe, gukorera hamwe no kubazwa inshingano no kureba kure ari nabyo bishimangira uburyo budasanzwe bwo gukora. Kubasha gukora neza inshingano twahawe ni indangagaciro y’ingenzi.
Umuyobozi wa Radio Rwanda n’izindi Radio za RBA, Divin Uwayo yavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rugize umubare munini w’abaturage bose nk’uko ibarura ryabigaragaje ariko urebye ubona ko ruri mu ngamba.
Yanongeyeho ko n’ubwo bimeze gutyo, hari ingeso zikiri mu rubyiruko zikwiye kwamaganirwa kure ndetse zikarandurwa burundu. Ati “Ntabwo mu ihuriro nk’iri nabura kuvuga ko natwe dukwiye kwikebuka kubera ko hari aho tudakora uko bikwiriye, murabibona ku mbuga nkoranyambaga ko tugeze n’aho twambikana ubusa hagati yacu. Ni ibintu biteye isoni n’ikimwaro ariko dukwiye kwanga kuko ntabwo ari iby’i Rwanda.”
Mu Nteko Rusange ya Unity ClubIntwararumuri hanakiriwe abanyamuryango 19 bashya b’uyu Muryango. Umuryango Unity Club Intwararumuri ugizwe n’abayobozi bari muri Guverinoma n’abayihozemo n’abo bashakanye.