Hatangajwe andi makuru y’ingenzi  nyuma y’iperereza ku Mupadiri ukekwaho gusambanya umunyeshuri!

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha [RIB] rwataye muri yombi Umupadiri wayoboraga ikigo cy’amashuri cya Lycee de Rusumo akurikiranyweho gusambanya umwana w’umukobwa w’imyaka 15.

Uyu mupadiri uyobora iri shuri ryo mu Karere ka Kirehe, yatawe muri yombi ku wa 9 Ukwakira 2024.

aya makuru kandi yahamijwe ndetse anatangwaho ubusobanuro burambuye n’umuvugizi wa RIB Dr. Murangira B.Thierry .

Aho yagize ati “ Arakekwaho icyaha cyo gusambanya umwana w’umukobwa w’imyaka 15 wiga muri icyo cyigo cy’ishuri, kuri ubu afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Kacyiru mu gihe iperereza rikomeje ngo hakorwe dosiye ye ishyikirizwe Ubushinjacyaha.”

Mu gihe Urukiko rwamuhamya iki cyaha, yahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka 20 ariko kitarenze imyaka 25, nk’uko biteganywa n’ngingo ya 14 y’itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

Umuvugizi wa RIB yakomeje agira inama abarezi byumwihariko abayobozi b’ibigo by’amashuri kubera urugero abandi, bakirinda kugwa mu byaha nk’ibi bikekwa kuri uyu mupadiri.

Ati “Biragayitse cyane kuba umuntu w’umurezi yakekwaho icyaha nk’icyi cyo gusambanya umwana.”

Dr Murangira yaboneyeho kugira inama abarezi, abasaba kuzuza neza inshingano zabo birinda kugwa mu byaha nk’ibi byo guhohotera abo barera.

Ati “Kuko burya iyo uri umurezi uba uri n’umurinzi w’uwo urera. Ntabwo bishimishije ndetse biranagayitse cyane kuba umuntu w’umurezi ashobora gukekwaho icyaha nk’iki cyo gusambanya umwana.”

Mu gihe Urukiko rwamuhamha iki cyaha, yahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka 20 ariko kitarenze imyaka 25, nk’uko biteganywa n’ngingo ya 14 y’itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange:

Ingingo ya 4 y’itegeko Nº 59/2023 ryo ku wa 04/12/2024 rihindura Itegeko nº 60/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

“Umuntu wese ukorera ku mwana kimwe mu bikorwa bishingiye ku gitsina bikurikira, aba akoze icyaha:

1 º gushyira igitsina mu gitsina, mu kibuno cyangwa mu kanwa k’umwana;

2 º gushyira urugingo urwo arirwo rwose rw’umubiri w’umuntu mu gitsina, cyangwa mu kibuno cy’umwana;

3 º gukora ikindi gikorwa cyose ku mubiri w’umwana hagamijwe ishimishamubiri.

Ishuri rya Lycee de Rusumo ryashinzwe mu 1999, rishingwa na Padiri Nkurunziza Jean Léonard afatanije n’abafatanyabikorwa banyuranye, Ni ishuri ryigenga rya Diyoseze ya Kibungo muri Paruwasi ya Rusumo. Riherereye mu Ntara y’I Burasirazuba, Akarere ka Kirehe, Umurenge wa Nyamugari.

Ryashinzwe kugira ngo rifashe abanyeshuri babaga mu Karere ka Kirehe kuko amashuri yisumbuye yari make rikaba rifite amashami atatu H.E.G., M.E.G. na E.F.K. yigwamo n’abanyeshuri barenga 800, abahungu n’abakobwa.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *