Watch Loading...
HomePaper TalkRwanda & Africa

Paper Talk[Rwanda&Africa]:Ikipe ya Musanze FC yitabaje FERWAFA ngo ibarenganure, ikipe izahagararira Africa muri club world Cup igiye kugura igikurankota!

Ikipe  ya  Al Ahly  yo mu gihugu cya  Misiri   ndetse  na   Gor Mahia  yo muri Kenya  ziri  mu  biganiro kugirango umukino ubanza  nuwo kwishyura  byose bizabere  I  Cairo mu gihugu cya Misiri  dore  ko muri Kenya hatari sitade zemewe  n’impuzamashyirahamwe  y’Aruhago muri Africa  “CAF” .(#MickyJr)

Ikipe  yo muri Africa y’Epho  yatanze asaga $700  000 kugirango isinyishe Umunya Africa y’Epfo n’ubundi Percy  Tau ari  ko  bivugwa ko uyu musore w’ikipe ya Al Ahly  yo mu gihugu cya Misiri  adasha  gukina iwabo aho we yifuza kwerekeza mu ikipe  ya Wydad  yo muri Morocco y’umutoza  Rulani Mokwena akazakina n’imikino yanyuma y’Igikombe cy’Isi cy’Amakipe kizabera muri Leta Zunze Ubumwe z’Abanyamerika mu mwaka wa  2025.(#MickyJr)

Mohamed Abdelmonem  Umunya-Misiri  watanzweho arenga miliyali y’Amafaranga  y’u  Rwanda kugirango yerekeze  mu kiciro cya  mbere  mu Bufaransa mu ikipe ya  OGC Nice  yamaze gutsinda  isuzuma ry’ubuzima, uyu musore uturutse mu ikipe  ya Al Ahly yiwabo mu gihugu cya Misiri akaba akina nk’amyugariro.(#MickyJr)

Perezida Kagame yakiriye Perezida wa FIBA muri Afurika, Anibal Manave, Umuyobozi ushinzwe Ibikorwa muri FIBA, Alphonse Bilé, Umuyobozi Mukuru wa NBA muri Afurika, Clare Akamanzi na Perezida wa BAL, Amadou Gallo Fall.(#Igihe)

Ikipe ya Musanze yandikiye Ishyirahamwe ry’Aruhago   mu  Rwanda  “FERWAFA”   irisaba kurenganurwa nyuma y’aho itsindiwe umukino w’umunsi wa kabiri wa Shampiyona yari yahuriyemo na AS Kigali kubera igitego cyari gutuma ibona inota rimwe cyanzwe n’umusifuzi wo ku ruhande, Ndayisaba Saïdi n’amakosa ya Murindangabo Moise yakoze “nkana”.(#KGLNews)

Abantu 13 barimo abakinnyi n’abatoza bagize ikipe igihugu y’umukino wa ‘Table-Tennis’, mu rukerera rwo kuri uyu wa Kabiri berekeje mu Bushinwa mu mwiherero w’ukwezi aho bazaba bitoza banahugurwa ku bijyanye n’uyu mukino.(#Igihe)

Mu irushanwa ry’igikombe cy’Afurika mu mukino wa Volleyball mu ngimbi gikomeje kubera mu gihugu cya Tuniziya, ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yatakaje umukino wa gatatu.(#Kigali To Day)

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bufaransa, Nkulikiyimfura François, yasuye Ikipe y’u Rwanda muri “Village Olympique” i Paris, ayifuriza amahirwe mu Mikino Paralempike izatangira ku wa Gatatu.(#Igihe)

Rutahizamu Gitego Arthur ukina muri AFC Leopard yo muri Kenya yabaye umukinnyi wa mbere ukina hanze wageze mu Rwanda, aje gufasha bagenzi be kwitegura imikino ibiri bafite muri Nzeri 2024, yo gushaka itike y’Igikombe cy’Afurika 2025.(#Umuryango)

Nyuma y’iminsi Manzi Thierry na Al Ahli Tripoli yo muri Libya bitwara neza, ubu bafite urugamba rutoroshye rubategereje rwo gusezerera Simba SC. Ni nyuma y’uko barenze ijonjora ry’ibanze rya CAF Confederation Cup mu buryo bworoshye basezereye Uhamiaji FC yo muri Zanzibar ku giteranyo cy’ibitego 5-1.(#Isimbi)

Abakinnyi b’amakipe ya AS Kigali na AS Kigali Women Football Club, bahawe amafaranga agabanya umwenda bafitiwe. Hari hashize igihe abakinnyi ba AS Kigali na AS Kigali WFC, bicira isazi mu maso kubera kudahabwa imishahara ya bo.(#Umuryango)

Ikipe yambara ubururu n’umweru  Rayon Sports yashatse guha amasezerano  y’Amezi  atatu umuzamu w’Umunyarwanda  Kwizera Janvier [Rihungu]  ariko arayanga, ikaba yaramuhaga  asaga miliyoni imwe y’Amanyarwanda n’umushahara 500 000 Frw. Ubundi ibintu bitamenyerewe ko umukinnyi asinya amasezerano y’Amezi atatu.(#Isimbi)

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, ‘Amavubi’ yakoze imyitozo ya mbere yitegura imikino yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika kizabera muri Maroc mu 2025, izahuramo n’Amakipe y’Ibihugu bya Libye na Nigeria muri Nzeri 2024.(#KGLNews)

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *