Paper Talk[Rwanda&Africa]:Chelsea ikomeje kuyobora isoko ry’igura ni gurisha,United yanze amafaranga bari kuyiha kuri Scott McTominay!

Brighton irashaka gutwara Mats Hummels, 35, ubu udafite ikipe akaba yaranyuze mu makipe atandukanye arimo Bayern Munich ndetse na Borussia Dortmund umwe mubagize ibihebyiza mu bihe yari akiri muto dore ko yari mu ikipe y’igihugu ya Badage yatwaye igikombe cy’isi muri 2014 batsinze ikipe y’igihugu ya Argentine . (Sky Sports)
Manchester United irashaka gutwara Sander Berge, 26, wa Burnley akaba Umunya-Norway nyuma yo gusa nkabavuye muri gahunda yo gutwara Umunya- Uruguay Manuel Ugarte w’imyaka 23. (Athletic – subscription required)
Gusa nanone ikipe ya Manchester United igomba kwishyura Burnley asaga £30m kuri uyu musore ukina hagati mu kibuga . (Sun)
Manchester United ikomeje gutekereza kuri Youssouf Fofana Umunya-Morocco w’imyaka 25 ukinira ikipe ya Monaco gusa akomeje gutekerezwa n’ikipe AC Milan. (Sky Sports Italia)
Erik ten Hag ntago arakura mu mibareye Sofyan Amrabat, 27, Umunya-Morocco ukinahagati mu kibuga gusa akaba intizanyo ya Fiorentina muri United . (Telegraph)
Arsenal ngo yaba ikiri mu isiganwa rya Victor Osimhen, 25, Umunya-Nigeria wa Napoli nubwo bikivugwa ko na Paris St-Germain ikimutekerezaho. (Gianluca di Marzio on X)
Barcelona kerakabaye yamaze kumvikana Leipzig kuri Dani Olmo, 26 aho uyu Munya-Esipanye agomba gutangwaho £47.3m hakiyongeraho £6m (add-ons ) akaba akina hagati mu kibuga yataka gusa ashobora no guca kumpande. (Fabrizio Romano on X)
Tottenham Hotspur ntakirahinduka iracyatekereza Dominic Solanke wa Bournemouth gusa bizasaba kubanza kumenya ahazaza ha Richarlison Umunya-Brazil w’imyaka 27. (Standard)
Tottenham Hotspur iratekereza ko izabona amafaranga afatika kuri Richarlison byumwihariko avuye mu makipe yo muri shampiyona ya Pro League muri Saudi Arabia. (Football Insider)
Bayern Munich ntago irabasha kumvikana na Bayer Leverkusen kubagurisha Umudage w’imyaka 28 Jonathan Tah uri kwifuzwa n’iyi kipe Bayern Munich . (Sky Germany)
Atletico Madrid ntago ihangayikishijwe no kwishyura amafaranga Manchester City yifuza kuri Julian Alvarez, 24, kubera ko yizeye amafaranga izakura muri Samu Omorodion uri mu muryango winjira muri Chelsea . (Marca – in Spanish)
Fulham yamaze kugabanya umurego ku Munya- Scotland Scott McTominay, ukina hagati mu kibuga muri Manchester United nyuma y’uko amafaranga Fulham yatanze anagana £20m United yayanze , Red Devils ikaba yifuza byibuze asaga £30m. (Times – subscription required)
Brentford yamaze gutanga ubusabe bukubiyemo £7m muri Burnley bashaka Umunya-Republic ya Ireland Dara O’Shea, 25 akaba akina nka myugariro . (HITC)
Ajax, Feyenoord and PSV zose zirifuza umusore w’ikipe ya Coventry City Milan van Ewijk Umuhorandi w’imyaka 23. (ESPN – in Dutch)
West Ham United yiteguye kumva abifuza bose Danny Ings rutahizamu w’umwongereza w’imyaka 32 . (Football Insider)
Atletico Madrid ikomeje ibiganiro na Valencia byo kubagurisha Javi Guerra Umunya-espagne w’imyaka 21 akaba akina hagati mu kibuga . (Athletic – subscription required)
Chelsea yamaze gutiza myugariro wayo Alfie Gilchrist, 20, ndetse agiye gukora isuzuma ry’ubuzima (medical test) mu ikipe ya Sheffield United . (Sky Sports)