Paper Talk[Rwanda&Africa]: Muhadjiri yageneye ubutumwa bukakaye abafana ba APR FC! Young Africans ikomeje ku yobora umupira w’a Tanzania
Young Africans yegukanye igikombe cy’Igihugu cya 2024 “Ngao ya Jamii” nyuma yo gutsinda ikipe ya Azam ibitego bine kuri kimwe (4-1), kiyongera ku bindi iyi kipe yatwaye mu mwaka ushize w’imikino harimo na shampiyona yari itwaye kunshuro ya gatatu yikurikiranya.(#Young Africans)
Umunya-Tunisia Mohamed Ali Ben Romdhane w’imyaka 24 ukina hagati mu kibuga mu ikipe ya Ferencváros yo mu gihugu cya Hungaria arigushakwa bikomeye na Al Ahly yo mu gihugu cya Misiri nyuma y’uko hari amakuru avugwa ko ishobora gutakaza Umunya-Africa y’Epfo Percy Tau, uyu musore yavuye k’umugabane w’a Africa mu mwaka wa 2023 mu ikipe ya ES Tunis yiwabo muri Tunisia nyuma yo kwitwara neza muri uwo mwaka .(#MickyJr)
Uku niko amakipe yo k’umugabane w’Africa yitwaye mu mikino ya Olempike ya 2024 ya bereye I Paris mu Bufaransa mu kwegukana imidali Kenya(11), Algeria(3), South Africa(6), Ethiopia(4), Egypt(3), Tunisia(3), Bostwana(2), Uganda(2), Morocco(2), Cape Verde(1), Zambia(1), Côte d’Ivoire(1)
U Rwanda ntamudali n’umwe rwabashije gukura muri iyi mikino ya Olempike ya 2024 yabereye I Paris mu Bufaransa! (#OlempicGames2024)
Ikipe ya Neom Sports Club yo muri shampiyona ya Saudi Arabia ariyo Saudi Pro League irifuza gutwara mababa wa Zamalek SC ndetse yamaze gutanga ubusabe muri iyi kipe ishaka uyu musore witwa Ahmed Mostafa Mohamed Sayed “Zizo” w’imyaka 28.(#MickyJr)
Myugariro w’iburyo, Mucyo Didier Junior uheruka gusubira muri Bugesera FC, yavuze ko kuba atarakiniye Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ ari byo byatumye atabona amahirwe yo gukina muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu mu gihe yahisemo gutandukana na Rayon Sports kugira ngo abone umwanya uhagije wo gukina.(#Igihe)
Mbonyuwontuma Jean Luc wari umutoza wungirije wa REG Volleyball Club, yanditse ibaruwa asezera nyuma y’imyaka 5 yari amaze muri iyi kipe, Nk’uko yabivuze mu ibaruwa yandikiye Ubuyobozi bwa REG VC, yavuze ko yasezeye ku mpamvu ze bwite ndetse agiye kwita ku zindi nshingano.(#Inyarwanda)
Muhadjiri yahaye ubutumwa abakunzi ba APR FC, Hakizimana Muhadjiri ukina asatira mu ikipe ya Police FC, yabwiye abakunzi ba APR FC bamwitaga umusaza ko umupira udakinirwa hanze ukinirwa mu kibuga.(#Igihe)
Koulagna Aziz Bassane Koulagna Umunya Cameroon yamaze gusesekara i kigali aho aje gusinyira ikipe ya Rayon Sports, uyu musore w’imyaka 22 akaba akina nka mababa (yataka aciye ku mpande) ni nyuma y’uko abo iyi kipe yambara ubururu n’umweru yari yazanye basanze urwego rw’abo rurihasi.(#DailyBox)
Abafana ba APR FC batangiye gusabira Umutoza Darko Nović kwirukanwa, Abafana ba APR FC batangiye gusabira Umutoza Darko Nović kwirukanwa nyuma yo gutsindwa na Police FC ku mukino wa Super Coupe penaliti 6-5.(#Igihe)