Watch Loading...
EuropeHomePaper Talk

Paper Talk[Europe]:Igisubizo cya Jurgen Klopp  kukuba yatoza Abongereza, Manchester United  yahaye igisubizo Fulham kuri Scott McTominay 

Umusore w’Ikipe ya  Everton   w’Imyaka 22  Amadou Onana  Umubiligi  ukina hagati mu  kibuga  bitarenze iki cyumweru agomba kuba yabaye umukinnyi mushya w’ikipe ya  Aston Villa y’umutoza Unai Emery. (Sky Sports)

Atletico Madrid yatangiye kugaragaza ko y’ifuza gutwara umusore w’ikipe ya  Manchester City akaba na rutahizamu w’umunya Argentine   Julian Alvarez, 24, kugirango bamusimbuze  Alvaro Morata Umunya-Esipanye w’imyaka 31 biteganyijwe ko agomba kwinjira muri  AC Milan. (Mundo Deportivo – in Spanish)

Gahunda y’ikipe ya  Arsenal yogutwara Riccardo Calafiori, 22 wa   Bologna mu Butaliyani irikuzamo agatotsi kubera ko kugezubu amakipe yombi kumvikana k’umafaranga bikomeje kugorana gusa Arsenal irigutekereza undi muti  aho bashaka gukoresha  Jakub Kiwior, 24,  muri iy’igahunda ariko nanone ikibazo gihari nuko  uyu myugariro w’umunya Poland we ashaka kujya muri AC Milana kuruta kujya muri Bologna  . (Times – subscription required)

Manchester United  yamaze kwanga ubusabe bw’ikipe ya  Fulham kuri  Scott McTominay  w’imyak 27 usigaje umwaka umwe wamasezerano muri United gusa ushobora kongerwaho undi umwe. (Mail)

Al-Nassr   gahunda yayo  yogutwara umusore  kaba n’umuzamu  wa  Juventus  Wojciech Szczesny w’imya  34  yamaze kwanga bisobanuye ko bagomba gushakira ahandi. (Athletic – subscription required)

Paris St-Germain  yamaze gushyira mu byibanze igomba gukora gahunda ya  Victor Osimhen muri iy’ikipe dore ko Chelsea bisankaho yamaze kuva muri gahunda yogutwa uyu musore ukomoka mu gihugu cya Nigeria w’imyak 25 wa Napoli yomu gihugu cy’Ubutaliyani  . (Talksport)

Liverpool yamaze kuva muri gahunda yogutwara umusore w’umufaransa w’imyaka 18 Leny Yoro  urimunzira zinjira mu ikipe ya Manchester United nubwo yari yarigeze gutangaza ko we  ashaka kujya muri Real Madrid. (Mirror)

Birmingham City irikwifuza gutwara umusore w’ikipe ya Aston Villa w’Imyak  21  akaba rutahizamu w’umwongereza Louie Barry. (Football Insider)

Aston Villa  byamenyekanye ko igifitiye amafaranga arenga kimwe cya kabiri cyayo  Moussa Diaby, 25, yaguzwe ava muri Bayer Leverkusen n’inyuma y’uko uyu musore akomeje kwifuzwa bikomeye n’ikipe  Al-Ittihad  yomuri Saudi Pro League muri Saudi Arabia. (Football Insider)

West Ham United birasankaho yamaze gutsinda irushanwa  ryo kwibikaho mababa wa Arsenal   Reiss Nelson  w’imyaka 24 ubarirwa n’ikipe ye agaciro kangana na £25m. (Talksport)

Mababa w’ikipe ya Leeds United r Crysencio Summerville, 22, akomeje ibiganiro na Chelsea byokuyerekezamo ariko nanone ikipe ya Rennes yomu gihugu cy’Ubufaransa  ikomeje gutekereza kuri uyu musore. (Teamtalk)

Barcelona yamaze kuba itanga ubusabe mu ikipe ya   Athletic Bilbao  kuri mababa wayo Nico Williams, 22, ndetse banumvikane  ibereba umukinnyi byose mbere y’uko haba hari ikipe yomu gihugu cy’Ubwongereza yabikora ubundi bibikeho uyu musore ukomoka mu gihugu cya Esipanye   . (Fabrizio Romano)

West Ham United  yatangiye ibiganiro n’ikipe ya Manchester United  kugirango ibagurishe  Aaron Wan-Bissaka, 26, Umwongereza ufite amamuko muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo akaba akina kuruhande yugarira. (Teamtalk)

Uwahoze ari umutoza w’ikipe ya  Liverpool   Jurgen Klopp  wasezeye kumpera zuyu mwaka w’imikino wa 2023  agahita anasimburwa na Arne Slot bavanye muri Feyenoord byavugwaga ko yajya gusimbura Gareth Southgate mu ikipe y’Igihugu ya Bongereza uherutse gusezera yamaze kuvuga oya kuri ayamahirwe . (Sky Germany)

Gusa nanone ishyirahamwe ry’umupira w’amagauru mu gihugu cy’Ubwongereza  ngo rishobora kwemera gutegereza Pep Guardiola agasohoka mu ikipe ya  Manchester City  kugirango bahite bamutwara nk’umutoza mushya wabo. (Independent)

Umutoza w’ikipe ya Tottenham Hotspur  Ange Postecoglou  ni umwe mubahabwa amahirwe nanone yokuba umusimbura wa Gareth Southgate. (Telegraph – subscription required)

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *