Watch Loading...
EuropeHomePaper Talk

Paper Talk[Europe]: Manchester city irasha guha ibyamirenge Pep Guardiola, Jack Grealish yarakariye cyane city, Mason Greenwood bite bye muri United

Manchester United  yatangiye ibiganiro indani  kugirango batware umusore w’ikipe ya Bayern Munich w’imyaka 24 ukomoka mu gihugu cy’Ubuhorandi  Matthijs de Ligt, uy’u myugariro ufite agaciro ka 50m euros (£42.3m). (Sky Sport Germany via TZ)

Manchester United  ntagahunda ifite yogutanga amafaranga ikipe ya Everton y’ifuza angana Â£70m  kumusore wayo ukomoka mu gihugu cy’Ubwongereza Jarrad Branthwaite, 21, mu gihe  Manchester Unitedamafaranga yambere yatanze angana £43m  yanzwe n’ikipe ya Everton. (Mirror)

Arsenal irifuza gutwara umusore w’imyaka 27 ukomoka mu gihugu cy’Ubwongereza ukinira ikipe FC Barcelona akaba akina hagati mu kibuga   Keira Walsh, n’imurwego rwo gukomeza kw’iyubaka mu buryo bufatika. (Athletic – subscription required)

Valencia  yamaze gutanga agera kuri £25m kumusore w’imyaka  22 w’ikipe ya Manchester United  Mason Greenwood, ukomoka mu gihugu cy’Ubwongereza gusa n’anone  arifuzwa cyane n’andi makipe atandukanye  arimo Juventus gusa n’anone  Getafe irifuza kumugumana.  (Mirror)

Mababa w’ikipe ya Crystal Palace  Michael Olise  yamaze kumvikana mu buryo bw’amagambo  n’ikipe  ya Chelsea, nyuma y’uko hari amakipe menshi akomeje kumwifuza arimo na Manchester United uy’u musore ukomoka mu gihugu cy’Ubufaransa w’imyaka 22 . (Teamtalk)

Crystal Palace yatangiye ibiganiro n’ikipe ya Arsenal kumusore ukomoka mu gihugu cy’Ubwongereza  w’imyaka 24 Reiss Nelson, gusa n’anone arifuzwa  cyane na  Fulham ndetse na West Ham United  nyuma yokubura umwanya uhagije wo gukina. (CaughtOffside)

Manchester City bari gutegura  kongerera umushahara umutoza wabo umunya Espanye Pep Guardiola ikamukura kuri  Â£20m kumwaka yahembwaga kugirango barebeko bagumana, mu gihe Pep Guardiola amasezerano ye muri iy’ikipe azarangirana n’umwaka  utaha w’imikino. (Mirror)

Mababa ukomoka mu gihugu cy’Ubwongereza Jack Grealish w’imyaka 28 ukinira ikipe ya  Manchester City ari gupanga gusohoka muri iy’ikipe gusa bishobora kuza mugora cyane gusohoka muri iy’i mu mpeshyi ya 2024 kuberako amasezerano afite azarangirana na   2027. (Football Insider)

AC Milan yo hereje abashinzwe kuyishakira abakinnyi  mu gikombe cy’Iburayi  kugirango bakurikirane umusore ukomoka mu gihugu cya  Albania  Armando Broja, 22, umusore w’ikipe ya  Chelsea gusa bari  baratije mu mwaka w’imikino wa 2023/2024. (Sky Sports Italy)

Lille yanze amafaranga angana na £42.3m yatanzwe n’amakipe yo muri shampiyona ya bongereza Premier League kumusore wayo  w’imyaka 18  Leny Yoro ukina  mu mutima waba Myugariro( centre-back) w’ifuzwa cyane na  Liverpool ndetse na  Manchester United  gusa we y’ivugiye ko y’ifuza kwerekeza muri  Real Madrid. (Express)

Myugariro wa Manchester United  Victor Lindelof, 29,  arifuzwa cyane n’ikipe ya Fenerbahce  y’umutoza  Jose Mourinho nyuma yokubona  n’awe  muri Manchester United igihe Jose Mourinho ya y’itozaga . (Fotomac)

Liverpool irifuza gutwara umusore w’imyaka  27 w’ikipe ya Stuttgart yo mu gihugu cy’Ubudage Waldemar  Anton akaba akomoka mu gihugu cy’Ubudage akaba ari no mu gikombe cy’uburayi, akaba afite  amafaranga amwe merera gusohoka (release clause ) angana na 22.5m euros (£19m). (Sport Bild – in German)

Juventus   yatangiye  gahunda yogutwara Jadon Sancho  uy’umusore wari waratijwe  muri  Borussia Dortmund  na Manchester United  uy’u musore w’imyaka  24  gusa na Dortmund irifuza n’ayo kuba yamugumana . (Football Insider)

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *