Paper Talk[Europe]: Arsenal yatangiye ibiganiro n’umukinnyi wa PSG, Liverpool yageze ku isoko ry’igura n’igurisha
Manchester City yamaze kwinjira muri Dosiye zo gutwara Umunya-Esipanye Dani Olmo w’imyaka 26 akaba akina hagati mu kibuga kuva mu ikipe ya RB Leipzig yo mu gihugu cy’Ubudage. (Foot Mercato – in French)
Barcelona n’imwe mu makipe yifuza cyane Dani Olmo ndetse yamaze gutanga angana na £40m ukongeraho n’ayinyongera angana na £20m. (Mundo Deportivo – in Spanish)
Gusa RB Leipzig yanze aya mafaranga ya Barcelona kuri Dani Olmo . (Sky Sports Germany)
Umwongerza Jarrad Branthwaite, 22, akaba myugariro w’ikipe ya Everton nyuma y’uko iy’ikipe ye yanze kumugurisha ikaba ishaka kumwongerera amasezerano yamaze kubabwira ko bagomba kumuhemba byibuze agera ku £160,000 ku cyumweru Manchester United yari bumuhembe iyo ayerekezamo. (Mail)
Umusore w’ikipe ya Manchester United myugariro Aaron Wan-Bissaka, 26, yanze ubusabe bwa West ham United bwo kuyerekezamo we avuga ko yifuza kwerekeza mu ikipe ya Inter Milan yo mu Butaliyani muri iy’impeshyi. (Talksport)
Manchester United irashaka kungukira nanone kuribuno bushake bwa Aaron Wan-Bissaka, 26, aho yasaba ikipe ya Inter Milan kubaha Denzel Dumfries, 28 Umuhorandi United ikongeraho amafaranga. (Mail)
Brentford yateguraga kureka ikipe ya Tottenham Hotspur na West Ham United zikaba zatwara rutahizamu Ivan Toney w’imyaka 28 gusa hajemo agatotsi nyuma yimvune ya rutahizamu wayo Igor Thiago Umunya-Brazil w’imyaka 23 bavanye mu ikipe ya Club Brugge , hari mu mikino yo kwitegura umwaka w’imikino wa 2024-2025. (Sun)
Crystal Palace yamaze kumvikana n’ikipe ya Marseille kubagurisha Ismaila Sarr, 26, Umunya-Senegal ukina nka mababa kuri 15m euro (£12.6m) Crystal Palace imuzanye nk’umusimbura wa Michael Olise. (Athletic – subscription required)
Arsenal yamaze gufungura ibiganiro n’ikipe ya Paris St-Germain kugirango ibagurishe Umunya-Esipanye Fabian Ruiz, 28, ukina hagati mu kibuga wagize n’imyitwarire myiza cyane mu gikombe cy’Iburayi. gusa bizasaba ko the Gunners igurisha bamwe mu bakinnyi bayo . (Football Transfers)
Aston Villa y’umutoza Unai Emery yatangiye gukurikirana umunsi kumunsi umusore w’ikipe ya Borussia Dortmund mababa Karim Adeyemi, 22, nanone urikwifuzwa na Juventus ndetse n’ikipe Chelsea. (Mail)
Umusore w’ikipe ya Napoli Umunya- Denmark Jesper Lindstrom, 24, yamaze kurangiza isuzuma ry’ubuzima (Medical Test) kugirango uyu mababa yerekeza muri Everton. (Fabrizio Romano)
Kepa Arrizabalaga Umunya-Esipanye w’imyaka 29 nubwo ari intizanyo ya Chelsea mu ikipe ya Real Madrid ashobora kugumamo burundu ahubwo Andriy Lunin wayo agatangwa muri Chelsea nyuma yo kwanga kongera amasezerano muri Real Madrid. (AS – in Spanish)
West Ham United yatanze imbumbe y’Amafaranga anagana £30m inongeraho umukinnyi w’imayaka 18 akaba n’umwongereza ukina hagati mu kibuga Lewis Orford kugirango babone rutahizamu wa Aston Villa Umunya-Colombia Jhon Duran, 20. (Athletic – subscription required)
Nottingham Forest yanze amafaranga yatanzwe n’ikipe ya West Ham United kumusore w’imyaka 23 Neco Williams Umunya-Wales. (HITC)
Liverpool yamaze gutangarizwa ko niba yifuza gutwara Gleison Bremer Umunya-Brazil w’imyaka 27 akaba n’amyugariro igomba kwishyura asaga £50m uyu musore w’ikipe ya Juventus. (Football Insider)
Chelsea irasatira gutwara Umunya-Ivory Coast w’imyaka 21 Guela Doue akaba myugariro w’ikipe ya Rennes mu Bufaransa kuri £7.6m. (Sky Italy)
Paris St-Germain yegereje gutwa umusore w’ikipe ya Benfica Joao Neves Umunya-Portugal w’imyaka 19 ukina hagati mu kibuga . (Fabrizio Romano)
Mababa w’umunya-Paraguay Miguel Almiron, 30, agezekure ibiganiro n’ikipe itaramenyekana ibarizwa muri shampiyona ya Saudi Arabia ariyo Saudi Pro League uyu musore usanzwe akinira ikipe ya Newcastle United mu gihugu cy’Ubwongerza. (Football Insider)