EuropeHomePaper Talk

Paper Talk [Europe] : Arsenal, Real Madrid na  Atletico Madrid  zihanganiye umukinnyi umwe,Mikel Merino agiye kwinjira muri Arsenal!

West Ham  United   irasha gukora taransiferi ebyeri icyarimwe harimo  iya Niclas Fullkrug, 31,  ukinira Borussia Dortmund  ndetse nundi wa Leeds United  Umuhorandi  Crysencio Summerville, 22. (Sky Sports)

Amakipe atandukanye arimo  Arsenal, Real Madrid ndetse na  Atletico Madrid zose zirifuza gutwara Adrien Rabiot  Umufaransa w’imyaka 29 ukina hagati mu kibuga  dore ko  yasoje amasezerano ye muri Juventus mu gihugu cy’Ubutaliyani  . (Gazzetta, in Italian)

Aston Villa y’umutoza Unai Emery  irasa nkiyamaze kumvikana n’ikipe ya Chelsea kubagurisha   rutahizamu  Romelu Lukaku w’imyaka 31 gusa uyu Mubiligi  arashaka kwisangira Antonio Conte muri Napoli. (Il Mattino, in Italian – subscription needed)

West Ham United  yamaze kumvikana n’umwongereza ufite amamuko muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo   Aaron Wan-Bissaka, 26, bumvikanye ibireba umukinnyi byose kugitike(Personal Terms)  gusa kugezubu ntibarumvikana na  Manchester United  mu gihe United yo itekereza ko  Wan-Bissaka akwiye igiciro cya £18m  kurenza  £10m  bari babahaye mbere. (Sky Sports Germany)

Fulham  igeze  kure ibiganiro byo gusinyisha Umunya-Esipanye  ukinira Villarreal   Jorge Cuenca, 24, kuri £6.7m akaba akina nka myugariro. (Standard)

Napoli  yatanze asaga  12m euros (£10.2m)  kugirango ibone  Umunya-Scotland w’imyaka 23  Billy Gilmour w’ikipe ya Brighton ukina hagati mu kibuga  . (Sky Sports Italy)

Arsenal  yegereje gusinyisha Umunya-Esipanye Mikel Merino w’imyaka 28 kuri  £25m ukina hagati mu kibuga  Ukinira ikipe ya  Real Sociedad nyuma yo kugira umwaka mwiza w’imikino cyane mu gikombe cy’Uburayi. (Mirror)

Roma nyuma y’uko iguze rutahizamu  w’umunya- Ukraine   Artem Dovbyk, 27, bavanye mu ikipe ya Girona muri Esipanye kuri £28.8m ,  AC Milan  yahise itangiza urugamba rwo gutwara rutahimu wa AS Roma Tammy Abraham Umwongereza w’imyaka 26 . (Repubblica, in Italian – subscription needed)

Ikipe yo mu gihugu cy’Ubudage  Stuttgart  yavuye muri gahunda yo gutwara Umudage wa Brighton Deniz Undav, 28, ndetse iy’ikipe  igiye gutangira gusha ibindi bisubizo  nyuma yo kutabona uyu rutahizamu wa  Albion. (Kicker, in German)

Newcastle United igeze kure ibiganiro  na  Sheffield United kugirango ibagurishe William Osula rutahizamu w’umuhorandi w’imyaka 20 biteganyijwe ko  agomba kugurwa asaga  £10m. (Telegraph – subscription needed

Leipzig  ishobora kwanga ubusabe bwa kabiri bw’ikipe ya  Barcelona kuri  Dani Olmo  Umunya-Esipanye w’imyaka 26  uri guhabwa amahirwe   menshi yo  gukinira Barcelona umwaka utaha w’imikino  . (Sport, in Spanish)

Bristol City, Stoke na  Birmingham City  zose ziri kwifuza myugariro wa  Burnley   Luke McNally w’imyaka  24. (Football Insider)

N’inako ikipe ya Stoke City ishaka gutwara  Umwongereza  Lewis Travis  w’ikipe ya  Blackburn Rovers akaba akina hagati mu kibuga  akaba afite imyaka 26 . (Teamtalk)

Nottingham Forest ngo ntago itekereza kugurisha Umwongereza wayo  Morgan Gibbs-White w’imyaka  24  uri kwifuzwa cyane  Newcastle, Arsenal, Aston Villa ndetse na Chelsea(HITC)

Umusore w’ikipe ya Manchester City Umwongereza  Jacob Wright, 18, ukina hagati mu kibuga yamaze kwemera gutizwa mu ikipe  Peterborough United(Football Insider)

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *