Watch Loading...
HomePolitics

Inkuru Yose:Uko Umunsi wa Cyenda  wo Kwiyamamaza ku bakandida perezida batatu n’abakandida depite wagenze kuri uy’u wa  30 kamena ,2024

Ku munsi wa Cyenda  wo kwiyamamaza,abakandida perezida bagera kuri batatu n’abakandida depite mu byiciro bitandukanye , bakomeje ibikorwa byabo byo kwiyamamaza hirya no hino mu gihugu, bageza ku baturage imigabo n’imigambi yabo mu ri iyi manda izatorerwa ku wa 15 Nyakanga,2024 

Umukandida wingenga Philipe Mpayimana yakomeje ibikorwa bye byo Kwiyamamaza mu karere ka Nyanza mu murenge wa Rwabicuma Akagari ka Gishike muri  Santere ya Gakoni  bimwe mu byo yagarutseho  arikumwe n’abaturage,

Yavuze ko naramuka atorewe kuyobora u Rwanda, azaharanira ko amazina y’amagenurano yitwa tumwe mu duce tw’u Rwanda akagaragaza isura itari nziza yatwo cyangwa agatera ipfunwe abadutuye azahinduka, Yasobanuriye abaturage ko ayo mazina atakigendanye n’iterambere u Rwanda rurimo ndetse n’imyitwarire myiza iranga Abanyarwanda.

Umukandida-Perezida, Mpayimana Philippe n’umugore we baserutse mu myambaro igaragaza umuco gakondo, ubwo yari  i Nyanza,  Yavuze ko yabikoze kubera ko akarere ka Nyanza ari igicumbi cy’umuco nyarwanda.

Umukandida-Perezida, Mpayimana Philippe ku italiki ya 01 Nyakanga 2024 ntago azakomeza  ibikorwabye byo kwiyamamaza ahubwo azabisubukura ku italiki 02 Nyakanga 2024  aho ibikorwa bye azabikorera mu murenge wa Kibeho  Akarere ka Nyaruguru mu ntara ya Majyepfo.

Ishyaka Riharanira amahame ya Demokarasi no kurengera ibidukikije “Green party of Rwanda” n’aryo  ryakomeje ibikorwa byo kwiyamamaza kuri uyu munsi wa Cyenda mu karere ka Huye  mu murenge wa Mukura,

Kandida  peresida  Dr Frank Habineza   ubwo yageraga muri uy’Umurenge  yari kumwe n’abakandida 50 bifuza kwinjira mu Nteko Ishinga amategeko bavuye mu ishyaka Democratic Green Party ndetse n’abandi ba rwana shyaka b’irishya bakirwa  n’abaturage  batari bake.

Democratic Green Party yijeje abatuye i Huye ko nibatora Kandida-Perezida, Frank Habineza, amafaranga y’ikiruhuko cy’izabukuru azajya atangwa guhera ku myaka 60 aho kuba 65 ndetse ubisabye ashobora kwemererwa kuyahabwa ku myaka 55.

Ishyaka Riharanira amahame ya Demokarasi no kurengera ibidukikije “Green party of Rwanda”rirakomeza ibikorwa byabo byo kwiyamamaza kuri uy’Uwambere wa taliki ya 01 Nyanga 2024  mu turere tubiri  ariko Rusizi mu mirenge  ya Kamembe na Gihundwe ndetse na karere  ka  Nyamasheke  mu murenge wa Kanjongo.

Umuryango  wa FPR Inkotany  n’awo wakomeje ibikorwa byo kwamamaza umukandida waryo  akaba  n’a  Chairman  w’unyu mu ryango  Paul Kagame mu karere ka Karongi kuri Site ya Mbonwa.

Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi n’abandi bose barenga  170,000  n’ibo baje kwakira umukandida wa  FPR Inkotanyi ku kibuga cya Mbonwa b’itwaje ibirango byuyu mu ryango baririmba  indirimbo z’ikubiyemo ibyo Paul Kagame  amaze kubakorera mu myaka 30 ishize.

Umukandida wa FPR Inkotanyi  Paul Kagame   yavuze ko ubwo yazaga muri akakarere ka Karongi mu mwaka 1996 yasanze igice kinini cya Banyarwanda baragiye muri Congo atahana umukoro wo kuzabacyura  ndetse avugako bamwe muribo bari bafite ubushake batashye ndetse ko n’abatarataha n’ibataha igihugu kiteguye  kubakira kikabatuza nka bandi banyarwanda bose.

Mubyo ya sezeranyije  abaturage ba karere ka Karongi  Umukandida wa FPR Inkotanyi  Paul Kagame ya babwiyeko umuhanda utamezeneza uva muri aka Karere ugera mu karere ka Muhanga ukomeza ari kimwe mu bigomba kwitabwaho mu buryo bw’avuba  kugirango bikomeze koroshya ubuhahirane

Umukandida wa FPR Inkotanyi  Paul Kagame  kuri uy’u  wambere  taliki ya  01 kamena 2024 ntago bazakomeza ibikorwa byabo ahubwo b’izasubukurwa  kuri uy’u wa kabiri taliki ya  02 Nyakanga 2024 mu karere ka  Kirehe  kuri site ya  Kirehe  Gradens (see Calendar)

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *