Watch Loading...
HomePolitics

Inkuru Yose: Uko umunsi wa 10 wo Kwiyamamaza ku bakandida perezida batatu wagenze ku italiki 01 Nyakanga ,2024 ndetse na gahunda y’Umunsi wa 11

Ku munsi wa 10   wo kwiyamamaza kuba kandida perezida kuri uy’u wambere taliki ya 01 Nyakanga 2024 hiyamamaje gusa umukandida peresida  w’ishyaka riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije  “ Democratic Green Party”  Dr Frank Habineza.

Uy’u mukandida wa Green Party ibikorwa bye byo kwiyamamaza  yabikoreye  mu ntara  yuburengerazuba mu Karere ka Rusizi mu murenge wa Kamembe  ndetse no mu Karere ka  Nyamasheke mu murenge wa Kanjongo  aho hose yakiriwe  na barwanashyaka  ndetse n’Abaturage muri rusange muri ututurere twombi.

Abaturage ba  Nyamasheke basabye Green Party n’u mukandida urihagarariye  gukomeza kubakorera ubuvugizi bakegerezwa ibikorwaremezo by’umwihariko iyubakwa ry’imihanda irimo uwa Tyazo-Rangiro-Cyato n’uwa Bushenge-Ntango.

Green Party ivuga ko ibyo yijeje abaturage mu 2017 byagezweho hejuru ya 70%; ibi birimo gukora ubuvugizi kuri gahunda yo kugaburira abanyeshuri bose ku mashuri, kuzamura umushahara wa mwarimu n’imikorere ya mituweli aho uwishyuye ahita atangira kwivuza.

Umukandida peresida  w’ishyaka riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije  “ Democratic Green Party”  Dr Frank Habineza azakomeza ibikorwabye byo kwiyamamaze  mu turere twa Nyabihu  mu murenge wa Mukamira  ndetse no mu Karere ka Rubavu mu murenge wa Mahoko (ntagihindutse).

Umukandida wingenga Philipe Mpayimana arakomeze ibikorwa bye byo kwiyamamaza kuri  uy’u  wa kabiri taliki ya  02 Nyakanga  2024 mu turere tubiri  aritwo Nyaruguru  mu murenge wa Kibeho ndetse no mu karere ka Nyamagabe  mu murenge wa Uwinkingi (ntagihindutse).

Umukandida wa  FPR Inkotany Paul Kagame azakomeza ibikorwabye byo kwiyamamaza mu karere ka Kirehe kuri site ya  Kirehe  Gradens (see Calendar) kuri uy’u wa kabiri  taliki ya  02 Nyakanga  2024 (ntagihindutse).

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *