Watch Loading...
HomePolitics

Imishahara y’Abayobozi  bakuru  b’Igihugu,perezida niwe uhembwa menshi arenga miliyoni isheshatu buri kwezi!

dore imishahara y’abakozi  ba Leta y’u Rwanda munzego zo hejuru  uhereye kuri peresida wa repubulika  aho we byibuze  afata arenga miliyoni esheshatu z’Amafaranga y’u Rwanda buri kwezi.

Imirimo ya Leta hirya no hino ku isi irahirimbanirwa  uhereye kukuba peresida w’Igihugu, kuba Minisitiri, kuba Umudepite  ndetse n’indi myanya. Abenshi barayihirimbanira kubera ko abayigiyemo ubuzima bw’abo  burahinduka kandi bugahinduka mu gihe gito ku buryo bigaragarira buri wese.

Ibi bituma abenshi bibaza amafaranga ababayobozi  binjiza nk’imishahara buri kwezi, muri iyi nk’uru tugiye kugaruka ku mishahara y’abayobozi bakuru mu gihugu cyacu cy’Urwanda.

1.Perezida wa Repubulika  y’u  Rwanda, umukuru w’igihugu mu Rwanda ni umuntu  wubashywe cyane  kandi  ugira  akazi kenshi nko mu bindi bihugu  akaba byibuze agenerwa umushahara ungana na 6, 102,756Frw buri kwezi.

2.Perezida w’umutwe wa Sena , peresida w’urukiko rw’ikirenga,  perezida  w’umutwe w’Abadepite ndetse na Minisitiri w’Intebe bose bafata imbumbe ya 4,346,156 Frwa kuri buri umwe buri kwezi.

3.Minisitiri  afata imbumbe ya 2,534,861 Frw buri kwezi.

4.Umunyamabanga wa Leta 2,434,613 Frw  buri kwezi.

5.Umusenateri  1,847,609 Frw buri kwezi.

7.Umudepite 1,774,540 Frw buri kwezi.

Ibi byose bigenwa ni  Iteka rya Perezida N°004/01 ryo ku wa 16/02/2017 rigena ingano y’imishahara n’ibindi bigenerwa Abanyapolitiki Bakuru b’Igihugu  n’uburyo bitangwa.

Gusa nubwo bimeze bityo bamwe mu bayobozi bakuru b’Igihugu barimo perezida wa repubulika y’u Rwanda , Perezida wa Sena, Perezida w’Umutwe  w’Abadepite  na  Minisitiri  w’Intebe  bongerwa  ibindi bibafasha kunoza umurimo wabo harimo nk’inzu yo guturamo, imodoka  yo kugendamo ishobora kurenga imwe bitewe  n’urwego ukoramo , uburinzi, amafaranga yo kwakira abashyitsi, uburyo bw’itumanaho rigezweho mu biro no mu rugo ndetse n’inindi.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *