Watch Loading...
FootballHomeSports

Haba APR FC,Rayon Sports yewe na Simba  zose ntanimwe igaragara kuri urwo rutonde rw’Amakipe 10!

Amakipe yo k’umugabane wa Africa akomeje kwiyubaka mu buryo bufatika arinako bagura abakinnyi bakomeye , kandi biragaragara ko isoko ry’igura n’igurisha riri kuzamuka abakinnyi barushaho guhenda kuburyo amakipe yo muri Africa ageze kurwego rwo kurema isoko ry’Iburayi bakavanayo abakinnyi ndetse arinako banga rimwe n’arimwe amafaranga y’amakipe y’Iburay kubakinnyi baba bakina imbere muri Afurika.

Nk’ubu Ikipe ya Nice yo mu gihugu  cy’Ubufaransa  y’umutoza  Franck Haise  yatanze akayabo ka  $2.7M   mu ikipe ya Al Ahly kugirango ibagurishe umusore wabo Mohamed Abdelmonem  Umunya-Misiri w’imyaka 25 ukina yugarira  gusa ikipe ya  Al Ahly yanze ku mutanga.

Uru ni urutonde  rw’Amakipe  10 ahenze muri Africa urebeye kugaciro k’abakinnyi bafite ku isoko (Most Expensive Clubs  in Africa in terms of players market value)

1.Mamelodi Sundowns  yo mu gihugu cya Africa y’Epfo $36 Million

2.Al Ahly  yo mu gihugu cya Misiri  $28Million

3.Es Tunis  yo mu gihugu cya Tunisia $21.80 Million

4.Orlando Pirates  yo mu gihugu cya Africa y’Epfo $21.15 Million

5.Pyramids  yo mu gihugu cya Misiri $20 Million

6.Zamalek SC  yo mu gihugu cya Misiri  $16 Million

7.Kaizer Chiefs  yo mu gihugu cya Africa y’Epfo  $15 Million

8.CR Belouizdad   yo mu gihugu cya Algeria $14.80 Million

9.Stellenboasch  yo mu gihugu cya Africa y’Epfo $13.8 Million

10.Raja Club Athletic  yo mu gihugu cya Morocco  $13.4 Million

Amakipe 10 yambere  ava mu bihugu  bitanu(5) gusa ane muriyo ava mu gihugu cya Africa y’Epfo mu gihe atatu muriyo arayo mu gihugu cya Misiri mu gihe andi makipe atatu asigaye  ava mu bihugu bitatu aribyo Tunisia, Algeria na Morocco.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *