Watch Loading...
HomePolitics

Full Report: Uko umunsi wa gatandatu wo Kwiyamamaza wagenze ku bakandida Bose ku mwanya w’umukuru w’igihugu na gahunda y’umunsi ukurikiyeho

Ku munsi wa gatandatu wo kwiyamamaza,abakandida perezida bagera kuri batatu n’abakandida depite mu byciro bitandukanye , bakomeje ibikorwa byabo byo kwiyamamaza hirya no hino mu gihugu, bageza kuba turage imigabo n’imigambi yabo mu ri iyi manda izatorerwa ku wa 15 Nyakanga,2024.

Umukandida wingenga Philipe Mpayimana,yakomereje ibikorwa bye byo Kwiyamamaza mu turere twa Ngororero na Muhanga.Philipe Mpayimana yakiriwe n’abaturage ba Ngororero ndetse n’abandi bamukurikira hirya no hino bari bategerezanije amatsiko imigabo n’imigambi y’uyu mukandida.Mpayimana yasezeranije abaturage ba ko azubakira ku byagezweho maze akita ku mibereho y’abaturage ndeste n’iterambere ry’umukozi.

Umukandida phillipe yavuze kukijyanye n’umutekano Ati “tuzashyiraho imyitozo ya gisirikare kuri buri Rubyiruko kuburyo abanyarwanda Bose bagira ubushobozi buhagije bwo gucunga umutekano.

Philipe Kandi yibukije ko amasaha y’umurimo azayavugurura ndetse anasjyireho igitangazamakuru hirya no hino bifashwe na Leta kugira ngo abanyarwanda babone uko bajya batanga ibitekerezo!

Mpayimana Philippe, yasezeranije guteza imbere Umuryango hirindwa amakimbirane mu ngo.Ati “nko mu gutandukanda no gushyamirana,Aho kugira ngo umugore Abe Ari we uva murugo hagenda umugabo maze wa mugore agakomeza Akita kubana”. Ibintu abagore n’abakobwa bashigikiye ariko abagabo ntibabyumve.

Bimwe mu bindi bigaragara muri manifesito ya Mpayimana ni uko nibamugirira ikizere bakamutora azashyiraho uburyo bugabanya gutakaza agaciro k’ifaranga ry’urwanda.

Mpayimana Kandi yerekeje mu karere ka Muhanga akomeza gusobanura ibikubiye mu byo azageza ku baturage mu gihe bazaba bamutoye.Biteganijwe ko ku munsi w’ejo Mpayimana azakomereza ibikorwa bye byo Kwiyamamaza mu itangaza makuru no kumbuga nkoranyambaga.

Ishyaka Riharanira amahame ya Demokarasi no kurengera ibidukikije,Green party of Rwanda,naryo ryakomeje ibikorwa byo kwiyamamaza kuri uyu munsi wa gatandatu mu karere ka Nyanza . Ishyaka ryatangirije ibikorwa byo kwiyamamaza mu karere ka Nyanza.

Mu gihe abarwanashyaka ba Green party bari bategereje Umukandida wabo,bafashaga abaturage gusobanukirwa n’ibikorwa iri shyaka riteganyiriza abaturage birimo Kugeza amazi muri biriya bice bya Nyanza, Aho amazi Atari yagera.

Frank HABINEZA ni Urumuri,igisubizo n’ikizere cy’abanyarwanda,nk’uko byasobanuwe n’abarwanashyaka ba Green party n’umukandida wabo babisobanuye.Green party yatangaje manifesito yayo inerekana abakandida bayo kumyanya yo munteko nshingamategeko umutwe w’abadepite ibintu byajyanye no gutanga imipira, n’amafoto yerekana ibirango by’ishyaka.

Biteganijwe ko ku munsi w’ejo Green party izakomeza ibikorwa byo Kwiyamamaza azabikomereza muri Gisagara na Ruhango.

Akigera kuri site ya Nyanza, Dr.Frank HABINEZA n’abarwanashyaka be bakiriwe n’imbaga y’abaturage bari bategereje kumva imigabo n’imigambi ry’umukandida Perezida Frank HABINEZA n’abandi bakandida depite bahagarariye irishyaka.

Dr.Frank yasabye abaturage ba Nyanza n’abandi baturutse hirya no hino kumushyigikira maze nawe agateza imbere imibereho yabo.Mu buzima yijeje abaturage ko hazongerwa uburyo imiti ifatirwa kuri mutuelle,kongera uburyo bw’imikorere ya post de Sante’ hirya no hino.

Green party yijeje ko umushahara wa Muganga ugomba kuzamurwa guhera mu kwezi kwa Cyenda ni baba batoye ishyaka.Si ibyo gusa kandi,kuko mu bijyanye n’ubukungu Frank yavuze ko ubushomeri buzarandurwa,hashyirwaho ikigo kuri buri murenge gihuza abashomeri n’ibigo bitanga akazi mu gihugu!

Dr.Frank yibukije ko igihe yari Nyabihu Ari bwo yasabye ko hashyirwaho icyogajuru mu kirere, yijeje ko We wasabye ibyo bigakunda naba perezida azihutisha iryo terambere.Ishyaka ryijeje inganda muri buri murenge zizajya zitunganya ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi, bikazafasha mu kugerwaho kwa gahunda yo kongera imirimo ibihumbi Magana atanu buri mwaka mu ngeri zose.

Frank HABINEZA Kandi yijeje abarimu ba Kaminuza n’abakozi bo mu nzego z’ubuvuzi ko nibamugirira ikizere bakamutora azabavuganira bakongererwa umushahara.

Umuryango FPR Inkotanyi, nawo wakomeje ibikorwa byo kwamamaza umukandida wary hirya no hino mugihugu,Dr.Paul Kagame umukandida wa FPR Inkotanyi yiyamamarije mu turere twa Huye na Gisagara.

Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi,bakomeje kwamamaza umukandida wabo Paul Kagame,ndetse n’abakandida depite batanzwe n’uyu muryango.Abagera ku bihumbi magana atatu nibo bakiriye umukandida Paul Kagame kuri site ya Huye Aho,Yanasabye gusubiza amaso inyuma bakibuka ku mateka ya kera muri za 1990s.Paul Kagame yijeje abaturage ko nta munyarwanda uwo ari we wese uzongera guhunga igihugu,Ati “Ntabwo biyongera”.

Ati “Muri za 1978s nazaga mu Rwanda nihisha kuko ntari mbyemererwe ngasura kuri Kaminuza I Huye tukareba umupira na mugenzi wange abantu bandeba bati ‘aka kantu ntabwo Ari akinaha’.”Ati “Twabaye inshuti tutari twamenyana nicyo gihe twari inshuti tutari twamenyana.

Mu karere ka Huye, abanyamuryango biyamamaje basobanurira abaturage ibyo Umuryango wagejeje ku gihugu mu gihe cy’imyaka mirongo itatu ndetse n’ibiteganijwe. FPR inkotanyi yasobanuye ko hazabaho gukomeza gushyira umuturage ku isonga.

Kagame yakomereje mu karere ka Gisagara akomeza gusobanura ibikubiye muri manifesito y’umuryango ahagarariye mu matora ku mwanya w’umukuru w’igihugu.

Abaturage bari bitabiriye ibyo bikorwa ,basobanuye ko hari byinshi nk’amashuri,ibitaro amavuriro n’imihanda byagezweho ko Biteguye gukomeza kubishyigikira bitorera abakandida bababereye.Biteganijwe ko Paul Kagame aziyamamariza muri Nyamasheke na Rusizi ejo ku wa 28th Kamena,2024.

Abaturage bakomeje kugaragaza ubwitabire budasanzwe muri ibi bikorwa byo Kwiyamamaza,nk’ikimenyetso cy’urudendo rushimishije muri demokarasi muri iyi Myaka mirongo itatu ishize u Rwanda rwibohoye.

Mpayimana wiyamamarije I Ngororero na Muhanga
Kagame I Huye
Dr.Frank HABINEZA

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *