Watch Loading...
HomeOthers

DRC : Dose z’Inkingo za mbere 99,100 z’ubushita bw’inkende zamaze kugera muri iki gihugu

Icyiciro cya mbere cy’inkingo z’ubushita bw’inkende (mpox) zamaze kugera muri Repubilika ya Demokarasi ya Congo, ya mbere yugarijwe cyane n’iki kiza cyatangajwe ko ari ikibazo cy’ubuzima rusange cyihutirwa gihangayikishije isi.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS), itsinda ryaryo rikorera muri DR Congo, rivuga ko ubushita bw’inkende bumaze kwica abantu barenga 630 muri icyo gihugu kuva uyu mwaka watangira, naho abandi barenga 20,000 bacyekwaho ko babwanduye

Minisiteri y’ubuzima yavuze ko ku wa kane yakiriye doze 99,100, zatanzwe n’akanama (komisiyo) k’umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi (EU) ku bufatanye n’ikigo cy’Afurika cyo kurwanya no kwirinda indwara.Uru rukingo rw’ubushita bw’inkende ni urwitwa MVA-BN.

Iyi virusi y’ubushita bw’inkende, iteza guhinda umuriro no kugira ibiheri ku mubiri, ishobora kwandurira mu gukoranaho ku mubiri n’ibikomere by’uyirwaye, harimo no mu mibonano mpuzabitsina.

Mu kiganiro n’abanyamakuru nyuma yo kwakira izo nkingo, Minisitiri w’ubuzima wa DR Congo Samuel Roger Kamba Mulamba yashimiye ubu bufasha bw'”urukingo ruhenze”, mbere rwafashije cyane mu guhagarika ikiza cy’ubu bushita bw’inkende cyadutse mu Burayi no muri Amerika mu 2022.Yavuze ko ubu hagiye kwigwa ku bo guha izo nkingo n’intara zo kuzitangamo mu buryo bwihutirwa kuko hari “ahantu henshi hazicyeneye cyane”, harimo intara ya Équateur n’intara ya Kivu y’Epfo, “mu magambo macye, [ni] mu ntara zose aho tugomba guhagarika byihuse ikwirakwira rya virusi”.Abajijwe niba izi nkingo atari igitonyanga mu nyanja, Minisitiri Mulamba yavuze ko DR Congo idacyeneye doze miliyoni ebyiri z’inkingo, ko ahubwo icyeneye “doze nyinshi”.

Yongeyeho ati: “Umuvuno ni uguhagarika virusi kuburyo dukingira mu buryo bwo kuzenguruka, mu gukikiza ahantu cyangwa abantu bibasiwe cyane.”

Yavuze ko nubwo EU ari yo yafashe iya mbere mu gutanga izi nkingo, yizeye ko irimo gukorana n’abandi bafatanyabikorwa kugira ngo haboneke doze zigera ku 580,000.Ibihugu birenga 10 muri Afurika bimaze kugaragaramo iki kiza cy’ubushita bw’inkende, birimo u Burundi, u Rwanda, Kenya na Uganda.

Izo doze zamaze kugera mu murwa mukuru Kinshasa ni zo nkingo za mbere na mbere zigeze muri iki gihugu z’ubushita bw’inkende. Izindi doze 101,000 zitezwe kuhagera mu mpera y’iki cyumweru.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *