Watch Loading...
FootballHomeSports

Byagenze gute kugira ngo “Mangwende “  wari mu muryango winjira muri  APR FC  habe hari amahirwe menshi yo gusinyira  Rayon Sports!

Umukinnyi w’ikipe  y’igihugu y’u Rwanda Imanishimwe  Emmanuel “Mangwende” ari mumuryango winjira muri Rayon Sports  nyuma yokutumvikana  na  APR FC kandi ibiganiro byari bijyeze kure.

Imanishimwe  Emmanuel “Mangwende” numwe mubakinnyi  bakomeye babanyarwanda bakinye kurwego rw’iza kandi  bamaze igihekirekire bari kurwego rwiza kuva yava mu ikipe ya Rayon Sports akajya muri APR FC yasohotsemo yerekeza hanze y’u Rwanda.

Mangwende yageze mu ikipe  ya AS FAR yomu gihugu cya Morocco mu mwaka wa 2021 bisobanuyeko byibuze  ayimazemo imyaka itatu aho yegukanye igikombe  cya shampiyona muri iy’ikipe  mu mwaka wa 2023  ndetse mu mwaka w’imikino dusoje barase igikombe kumunota wa nyuma aho baje kumwanya wa kabiri namanota 71 inyuma  ya Raja CA yayoboye urutonde namanota 72.

Mubakinnyi babanyamahanga byatangajweko batandukanye na AS FAR kumpera ya shampiyona ya 2023-2024 harimo na Imanishimwe  Emmanuel “Mangwende” wari unasoje amasezerano muri iy’ikipe bisobanuyeko yagombaga gushaka indi ikipe  nshya agombakwerekezamo.

Kumakuru  Daily Box  dufite nuko Mangwende muntangiro yarafite amahirwe menshi yokwerekeza  muri APR FC  ndetse kumukino  wahuje Rayon Sports na APR FC  wizwe “umuhuro mu mahoro”  byanogwanozweko yashoboraga  kuwugararagaramo akinira APR FC.

Icyabaye ni iki? 

APR FC na Mangwende bapfuye imishahara aho iy’ikipe  y’ingabo z’igihugu yashakaga kumuha byibuze  ibihumbi bibiri bya Amadorali ($2k) mu gihe Mangwende we yashakaga asaga ibihumbi bitanu bya Amadoraki ($5k) mu gihe bari bakiri mu biganiro APR FC yazanye umutoza mushya Umunya-Serbia Darko Novic wahise ushima urwego rwa Niyomugabo Claude Kapiteni wa  APR FC  kuburyo yumva  ntawundi mukinnyi APR FC  ikeneye ukina kuruhande aje arubanza mu kibuga  ndetse mubandi yashimye  harimo na Gilbert Byiringiro ukina kuruhande rw’iburyo yugarira  anemezako urwego ariho akwiye kuba arumukinnyi ubanza mu ikipe y’Igihugu.

Rayon Sports imaze kurita mugutwi yegereye Imanishimwe Emmanuel “Mangwende” kugirango imuganirize  maze ababwirako ibiganiro bigezekure na APR FC nubwo yarabizineza ko ibiganiro byagoranye we na APR FC  anababwirako APR FC yamuhaye ibihumbi bibiri bya Amadorali ($2k) nku umushahara abasaba kurenzaho Rayon Sports  imubwirako ahubwo yamuha kimwe cya kabiri cyayo APR FC yamuhaye Mangwende  ababwirako azabasubiza ubu Rayon Sports irategereje.

Icyumvikana  nuko APR FC amahirwe menshi itazagura Mangwende  bisobanuyeko  amahitamo yaba asigaranye yaba ari Rayon Sports  atabonye andimahirwe yatuma aguma hanze y’u Rwanda.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *